00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

TAFU na NPC zatangiye neza irushanwa rihuza amashami ya Polisi y’u Rwanda

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 20 January 2025 saa 10:45
Yasuwe :

Amakipe ya Police Task Force Unit n’iy’Ishuri rya Polisi ry’i Musanze yatangiye neza irushanwa rihuza amashami ya Polisi y’u Rwanda riri gukinwa ku nshuro ya kabiri.

Umunsi wa mbere w’iri rushanwa wakinwe ku Cyumweru, tariki ya 19 Mutarama ku bibuga bitandukanye nka Stade ya Muhanga, ku Ruyenzi, mu ishuri rikuru rya Polisi ndetse n’i Gishari.

Ikipe ya Polisi yo mu Majyepfo yatsinze iy’abo ku cyicaro gikuru ibitego 2-0, Ishuri rya Polisi ry’i Musanze ritsinda abo mu ntara y’Amajyaruguru ibitego 4-1.

Ni mu gihe, Ikipe y’abo mu Burasirazuba yatsinze Ikipe y’Ishami ry’abashinzwe kurwanya iterabwoba ibitego 2-1, Police Task Force Unit yatsinze SAPU ibitego 3-0.

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Polisi (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze, Commissioner of Police (CP) Rafiki Mujiji yasabye abaryitabiriye kurangwa n’ubworoherane bazirikana inshingano bafite nk’abapolisi.

Ati "Ndasaba abakinnyi gukina umukino urimo urukundo n’ubworoherane muzirikana ko nyuma y’iyi mikino tugomba gukomeza kubahiriza inshingano dufite nka Polisi y’u Rwanda."

Yavuze ko intego y’iyi mikino ari uguhuza abapolisi bagasabana bakanaganira by’umwihariko, ntihabeho kwibanda gusa mu gutekereza akazi ahubwo bakaruhuka mu mutwe bakishima, nk’abandi Banyarwanda.

Muri rusange iri rushanwa rikinwa mu mupira w’amaguru, uyu mwaka ryitabiriwe n’amakipe 15, aho arindwi atarakinnye umunsi wa mbere azahura ku Cyumweru, tariki ya 26 Mutarama 2025.

Iri rushanwa risanzwe rifitwe n’Ishuri rya Polisi ry’amahugurwa (PTS) rya Gishari yaryegukanye nyuma yo gutsinda Ikipe y’abo mu Burengerazuba (Western Region Police Unit) ku mukino wa nyuma.

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Polisi ry'i Musanze, CP Rafiki Mujiji atangiza iyi mikino ku mugaragaro
Iyi mikino igamije gutuma abapolisi basabana
Imikino imwe yabereye ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi
Ikipe y'abo mu majyepfo yatsindiye iy'abo ku cyiciro gikuru i Muhanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .