Iyi mirimo yatangiye ku wa 4 Mutarama 2023, ubu igeze kure, aho bimwe mu bice bigize Stade ya Kigali byatangiye gusenywa, hitegurwa gushyirwaho ibishya.
Amakipe arindwi yari asanzwe ahakirira imikino yashatse ahandi yimukira. Ayo arimo APR FC, Gasogi United, Gorilla FC na AS Kigali zahisemo Stade ya Bugesera mu gihe Rayon Sports, Police FC na Kiyovu Sports zizajya zikinira i Muhanga.
Amafoto yafashwe na IGIHE ku wa Gatandatu tariki 21 Mutarama, agaragaza isakaro rya stade ryakuweho, hitegurwa gushyirwaho irigezweho.
Tapis ikinirwaho, amazamu n’uruzitiro bigize Stade nabyo byashyizwe hasi, bigiye gusimbuzwa ibishya.
Muri iyi mirimo izamara amezi atatu, hazanavugururwa urwambariro rwa stade nubwo nta myaka ibiri ishize hakozwemo izindi mpinduka.
‘Tapis’ yari isanzwe muri iki kibuga igiye gushyirwa hepfo ya Stade ya Kigali ahazwi nko kuri “Tapis Rouge”, hahoze higishirizwa imodoka, ubu naho hatangiye gutunganywa.
Iki gice ubu kirimo gusizwa neza n’imodoka zabigenewe, kugira ngo hashyirwe ibibuga by’imikino itandukanye nk’umupira w’amaguru, Basketball na Volleyball.
Stade ya Kigali imaze igihe itemerewe kwakira amarushanwa mpuzamahanga. Yahagaritswe guhera mu Ugushyingo 2021 kubera ko itujuje ibisabwa n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF).















Amafoto: Ntare Julius
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!