00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sir Jim Ratcliffe yahombye hafi ¼ cy’umutungo we aho agereye muri Manchester United

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 May 2025 saa 06:43
Yasuwe :

Umuherwe Sir Jim Ratcliffe yahombye hafi ¼ cy’umutungo we aho agereye muri Manchester United, dore ko wavuye kuri miliyari 31$ ukagera kuri miliyari 22$ mu gihe kingana n’amezi 12.

Manchester United yo mu Bwongereza yahoze ari igihangange i Burayi, isigaye ibona intsinzi bigoranye, bituma abakunzi bayo bahora bishimwa hejuru n’abakeba.

Ubwo Sir Jim Ratcliffe yari ayigezemo mu mpera za 2023 yaguze imigabane ingana na 25% bingana na miliyoni 1,25£, anegurirwa ibikorwa by’umupira w’amaguru.

Byari byitezwe ko iyi kipe igiye kuzahuka ikongera gusubirana ikuzo ndetse no kwegukana ibikombe bitandukanye, ariko ikomeza kuba mu mazi abira.

Uko intsinzi yaburaga mu kibuga, ni ko no hanze y’ikibuga amikoro yaburaga uko bwije n’uko bucyeye, bigatuma Sir Jim Ratcliffe ashoramo amafaranga ye ku giti cye.

Ubwo hashyirwaga hanze urutonde rw’abaherwe 1000 batunze agatubutse mu Bwongereza rwakozwe na Sunday Times, Sir Jim Ratcliffe, yagaragayeho ariko umutungo we waragabanyutseho ¼ mu mezi 12 ashize.

Sir Jim wabarirwaga umutungo wa miliyari $31 mu mezi 12 ashize, waragabanyutse ugera kuri miliyari 22,5$. Iri gabanyuka ryatumye ava ku mwanya wa kane agera ku wa karindwi, mu gihe mbere y’uko agera muri iyi kipe yari uwa kabiri.

Ikipe y’Abagabo ya Manchester United, yegukanye Shampiyona y’u Bwongereza inshuro 20, ifite umusaruro mubi muri Premier League uyu munsi kuko iri ku mwanya wa 16 nubwo yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Europa League.

Sir Jim Ratcliffe wa Manchester United amaze guhomba 1/4 cy'umutungo we kuva yahagera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .