00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Simba SC yanze gukina umukino wari kuyihuza na Yanga SC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 March 2025 saa 08:34
Yasuwe :

Simba SC yatangaje ko itaza gukina umukino wari kuyihuza na Yanga SC, nyuma y’uko ibangamiwe kugeza aho yangirwa gukorera imyitozo ku kibuga izi kipe zombi zari gukiniraho.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 8 Werurwe 2025, ni bwo kuri Benjamin Mkapa Stadium hari hateganyijwe umukino w’amakipe abiri y’amakeba muri Tanzania, uzwi nka ‘Kariakoo Derby’.

Mu mategeko agenga Shampiyona ya Tanzania, buri kipe yakiriwe ifite uburenganzira bwo kwitoreza ku kibuga izakiniraho mbere y’umunsi umwe ku masaha azaberaho umukino.

Ibi ni byo Simba SC yashatse gukora, ariko igeze Benjamin Mkapa Stadium, ubuyobozi bwa stade bwanga ko yinjira buyisaba ko habanza kuboneka uburenganzira buturutse kuri komiseri w’umukino.

Komiseri w’umukino na we yageze aho arahagera, ariko abashinzwe umutekano ba Yanga basagarira imodoka zari zitwaye abakinnyi b’iyi kipe banga ko zinjira muri stade.

Nyuma y’ibi byose Simba FC yahise isohora itangazo rivuga ko “Simba ntabwo izakina umukino wari uteganyijwe mu buryo bwubahirije amategeko. Simba kandi isaba ko ababigizemo uruhare bose bakurikiranwa.”

Yanga SC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 58, mu gihe Simba SC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 54. Yombi ni amakipe akunze guhangana cyane muri Shampiyona ya Tanzania.

Simba SC yanze kwihanganira amakosa yakorewe yandika ibaruwa isubika umukino yari ifitanye na Yanga SC
Simba SC yanze gukina nyuma y'uko inanirijwe ku kibuga yari gukoreraho imyitozo
Yanga SC yari yitguye Simba SC
Umukino wa Simba na Yanga wari utegerejwe na benshi
Simba SC yabujijwe umutekano bikomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .