00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sibomana Patrick wa Police FC yabonye ikipe nshya muri Mozambique

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 7 Gashyantare 2023 saa 02:27
Yasuwe :

Umukinnyi wo hagati mu kibuga, ukina asatira izamu anyuze ibumoso, Sibomana Patrick ‘Pappy’ wakiniraga Police FC yamaze kumvikana na Ferroviário da Beira yo muri Mozambique.

Police FC yemeje iby’aya makuru ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangaje ko bwamaze kumvikana na Ferroviário da Beira.

Iyi Kipe ya Polisi y’u Rwanda yifurije umukinnyi wayo amahirwe masa mu "rugendo rushya agiye kwerekezamo.’’

Muri Nzeri 2020, ni bwo Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Sibomana Patrick, yasinyiye Police FC amasezerano y’umwaka umwe. Muri Kamena 2022 ni bwo yari yongereye amasezerano y’imyaka ibiri.

Umunyamabanga Mukuru wa Police FC, CIP Bikorimana Obed, yemereye IGIHE ko iyi kipe yamaze kumvikana na Ferroviário da Beira.

Yakomeje ati "Twumvikanye n’ikipe imwifuza kuko Pappy ni umukinnyi wari ugifite amasezerano yacu.’’

Sibomana si ubwa mbere agiye gukina hanze kuko yaherukaga muri Yanga yo muri Tanzania mu 2019 ndetse na Shakhtyor Soligorsk yo muri Belarus mu 2017.

Ferroviário da Beira yamubengutse yashinzwe mu 1924, ifite igikombe kimwe cya shampiyona yatwaye mu 2016, ndetse n’ibikombe bitatu by’Igihugu (2005,2013,2014). Iyi kipe ikinira kuri stade ya Estádio do Ferroviário yakira abafana ibihumbi birindwi.

Sibomana w’imyaka 27 yamenyekanye akinira APR FC yabayemo hagati ya 2013 na 2017 nyuma yo kuva mu Isonga FC. Yananyuze mu makipe arimo Mukura VS na Police FC.

Sibomana Patrick wakiniraga Police FC yabonye ikipe nshya muri Mozambique

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .