Etincelles FC nta mutoza yari ifite kuva mu Ukuboza 2024, kuko Nzeyimana Mailo wayitozaga yashinjwe guta akazi.
Iyi kipe yo mu Karere ka Rubavu yahise ishaka uko iganira n’uyu mutoza ku buryo bwo gutandukana ndetse itangira no gushaka umusimbura we.
Ibiganiro hagati y’ubu buyobozi ndetse na Seninga wari waratandukanye na Gendarmerie Nationale FC yo muri Djibouti byaratangiye, ndetse birangira agizwe umutoza wayo mu mikino isigaye yo kwishyura ya Shampiyona y’u Rwanda nk’uko ubuyobozi bw’ikipe bwabyemereye IGIHE.
Si ubwa mbere Seninga atoje Etincelles FC kuko yayiherukagamo mu 2019, akaba yaranyuze no mu yandi makipe arimo Police FC, Bugesera FC, Musanze FC na Sunrise FC.
Yabaye kandi Umutoza Wungirije mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ ndetse ajya yifashishwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu guhugura abandi batoza.
🚨𝐀𝐌𝐀𝐊𝐔𝐑𝐔 𝐌𝐀𝐒𝐇𝐘𝐀🚨
Ikipe ya Etincelles FC yemeje Seninga Innocent nk'Umutoza wayo mu gihe gisigaye ngo uyu mwaka w'imikino wa 2024/25 urangire. pic.twitter.com/fOXHipGKOC
— IGIHE Sports (@IGIHESports) February 4, 2025

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!