00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Seninga Innocent ashobora kugirwa umutoza wa Etincelles FC

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 9 January 2025 saa 07:34
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Etincelles FC bugeze kure ibiganiro n’Umutoza Seninga Innocent ushobora guhabwa iyi kipe mu gihe gisigaye ngo uyu mwaka w’imikino urangire.

Etincelles FC nta mutoza ifite nyuma y’uko kuva mu Ukuboza, Nzeyimana Mailo yashinjwe guta akazi adasabye uruhushya ndetse ntasubize amabaruwa yandikiwe.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko iyi kipe yamaze kuganira n’uyu mutoza ku buryo bwo gutandukana ndetse iri gutekereza ku musimbura we, ibiganiro bikaba bigeze kure hagati yayo na Seninga Innocent.

Uwahaye amakuru IGIHE yagize ati "Ntabwo wagera ku rwego rwo gushaka undi mutoza utaratandukana n’uwari uhari. Gusa hari ibikiri gukorwaho. Seninga ntabwo birarangira ariko birashoboka."

Seninga Innocent nta kazi afite nyuma yo gutandukana na Gendarmerie Nationale FC yo muri Djibouti mu ntangiriro z’uyu mwaka, nyuma y’amezi ane yari amaze ayigiyemo.

Uyu mutoza kandi aravugwa muri Police FC aho ari mu batekerezwaho gusimbura Mashami Vincent.

Seninga yatoje amakipe atandukanye arimo Police FC, Bugesera FC, Musanze FC, Etincelles FC na Sunrise FC.

Yabaye kandi Umutoza Wungirije mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ ndetse ajya yifashishwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu guhugura abandi batoza.

Seninga Innocent ashobora kugirwa Umutoza wa Etincelles FC aherukamo mu 2019
Seninga nta kipe afite nyuma yo gutandukana n'iyo yatozaga muri Djibouti

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .