00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sahabo na Djihad basanze bagenzi babo mu mwiherero w’Amavubi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 15 Werurwe 2023 saa 11:41
Yasuwe :

Abakinnyi Mpuzamahanga b’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Hakim Sahabo, Bizimana Djihad na Glen Habimana bageze i Kigali mu rwego rwo kwitegura imikino ibiri ya Bénin mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Werurwe 2023, ni bwo aba bakinnyi bose basesekaye i Kigali, bahita basanga bagenzi babo mu mwiherero uri kubera i Nyamata muri La Palisse Hotel.

Kuri uyu munsi kandi hategerejwe rutahizamu wa Singida Big Stars yo muri Tanzania akaba na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, Kagere Meddie na Muhire Kevin ukinira Al- Yarmouk yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Kuwait.

Ku wa Mbere, tariki 13 Werurwe 2023, ni bwo abakinnyi 19 bakina imbere mu gihugu batangiye umwiherero w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, mu kwitegura imikino ibiri iyi kipe ifitanye na Bénin mu mikino yo gushaka Itike y’Igikombe cya Afurika.

Mu bakinnyi 30 Umutoza Carlós Alós Ferrer yitabaje muri iyi mikino, abagera kuri 11 bakina hanze y’u Rwanda mu bihugu bitandukanye. Ku mugoroba wo ku wa Mbere, Niyonzima Ally yabimburiye abandi kwiyunga kuri bagenzi be.

Tariki 17 Werurwe, ni bwo Rafael York azagera mu Rwanda, ahagurukane n’abandi berekeza muri Ethiopie aho u Rwanda ruzabanza gukina umukino wa gicuti n’iki gihugu ku Cyumweru, tariki 19 Werurwe 2023.

Ni mu gihe Kwizera Olivier azaba yasanze abandi i Addis muri Ethiopie umunsi umwe mbere y’umukino.

Abandi bakinnyi nka Rubanguka Steve, Imanishimwe Emmanuel na Mutsinzi Ange bazahurira n’ikipe i Cotonou muri Bénin.

U Rwanda ruzakina umukino wa mbere na Bénin tariki 22 Werurwe 2023 i Cotonou, nyuma y’icyumweru bakine uwo kwishyura uzabera i Huye tariki 27 Werurwe 2023.

Aya makipe yombi ahuriye mu itsinda L, aho u Rwanda ari urwa gatatu n’inota rimwe mu gihe Bénin iri ku mwanya wa nyuma nta nota irabasha kubona. Iri tsinda riyobowe na Sénégal n’amanota atandatu, Mozambique iza ku mwanya wa kabiri n’amanota ane.

Uhereye ibumoso: Bizimana Djihad, Hakim Sahabo na Habimana Glen bageze mu Mujyi wa Kigali
Bizimana Djihad ukina mu kibuga hagati yasanze bahenzi be mu mwiherero w'Ikipe y'Igihugu
Rutahizamu Glen Habimana ubwo yasesekaraga i Kigali
Hakim Sahabo w'imyaka 17 ukinira LOSC Lille U19 ubwo yageraga mu mwiherero
Myugariro Manzi Thierry akora imyitozo ngororamubiri
Abakinnyi b'Amavubi bari mu myitozo yo kwitegura imikino ya Bénin mu gushaka itike y'Igikombe cya Afurika
Rutahizamu Mugisha Didier wa Police FC yakoze imyitozo ya mbere mu Ikipe y'Igihugu Amavubi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .