Mu Ukuboza 2024, ni bwo Nshuti yatandukanye na One Knoxville yo mu Cyiciro cya Gatatu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’amezi 10 ayerekejemo.
Akazi ke muri iyi kipe nubwo katari kakigaragara cyane kuko umwanya wo gukina wari muto, yabashije kwitwara neza mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ bituma abengukwa n’amakipe yo muri Afurika ndetse no hanze yayo.
Nyuma yo kuva mu Rwanda agatangaza ko hari amakipe atandukanye bagiye kuganira, yavuzwe muri Zira FK ikinamo myugariro w’Amavubi, Mutsinzi Ange.
Gusa byarangiye kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Mutarama 2025, uyu mukinnyi yerekanywe muri Sabail FK nk’umwe mu bazayifasha kuva ku mwanya wa nyuma iriho mu mikino 18 imaze gukinwa.
Mu yandi makipe yakiniye harimo Stade Tunisien yo muri Tunisia ndetse na APR FC yakuriyemo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!