00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwasamanzi Yves yavuye mu mwiherero w’Amavubi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 December 2024 saa 02:35
Yasuwe :

Umutoza wungirije w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Rwasamanzi Yves, ntiyitabiriye umwiherero wo gutegura imikino ya CHAN 2024, ruzahuriramo na Sudani y’Epfo.

Ku Cyumweru, tariki ya 15 Ukuboza 2024, ni bwo Amavubi yatangiye imyitozo yo kwitegura imikino yo mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike yo kujya muri CHAN izabera muri Kenya, Tanzania na Uganda.

Abandi bakigera mu mwiherero, bahise babona ubutumwa bwa Rwasamanzi, asaba uruhushya rw’iminsi umunani agaragaza ko hari ibyo agiye kubanza kwitaho mu muryango we.

Nubwo bimeze bityo ariko, hari amakuru avuga ko uyu mutoza yatunguwe no gusanga ari we mutoza wa kabiri inyuma ya mugenzi we, Jimmy Mulisa, usanzwe ari uwa gatatu mu Amavubi.

Aba bombi ni bo basigaranye ikipe mu gihe Umutoza Mukuru, Torsten Spittler, na we yerekezaga iwabo mu Budage mu biruhuko by’iminsi mikuru.

Si ubwa mbere Rwasamanzi yaba yanze kungiriza Mulisa, kuko byigeze kubaho no mu 2017 ubwo bombi bahuriraga muri APR FC.

Umukino ubanza uzabera i Juba tariki ya 22 Ukuboza, mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali tariki ya 28 Ukuboza 2024.

Amavubi yatangiye kwitegura imikino ya Sudani y'Epfo
Rwasamanzi Yves yasabye ikiruhuko cyo kwita ku muryango mu gihe Amavubi yitegura Sudani y'Epfo
Jimmy Mulisa ni we uri gutoza Ikipe y'Igihugu 'Amavubi'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .