00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi bahize abandi muri Shampiyona y’u Rwanda bagiye kongera gushimirwa

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 15 May 2025 saa 09:08
Yasuwe :

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere “Rwanda Premier League” rwatangaje ko tariki ya 30 Gicurasi 2025 hazatangwa ibihembo ku bakinnyi n’abatoza bahize abandi mu mwaka w’imikino wa 2024/25.

Ibi bihembo bizatangirwa muri Kigali Convention Centre, guhera Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba.

Ni ibirori byihariye bizahuriza hamwe abakinnyi b’indashyikirwa, abatoza bahize abandi, abafana b’inkoramutima, abayobozi b’amakipe agize Rwanda Premier League n’abahagarariye andi yo mu bindi byiciro bazaba batumiwe, abayobozi bakomeye mu mikino, abafatanyabikorwa n’abandi bashyitsi b’imena.

Rwanda Premier League yatangaje ko ibihembo bizatangwa mu byiciro bitandukanye birimo Umukinnyi w’Umwaka, Umutoza w’Umwaka, Umukinnyi Muto wahize abandi, uwatsinze ibitego byinshi, Umunyezamu w’umwaka, igitego cy’umwaka ndetse n’ikipe y’abakinnyi 11 beza b’Umwaka wa 2024-2025.

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yusuf, yavuze ko "Ibi bihembo bya Rwanda Premier League Awards 2025 bigamije guha icyubahiro abagaragaje umurava n’ubwitange mu gutuma Shampiyona yacu iba nziza, iryohera amaso kandi igaragaramo guhangana cyane."

Abatsinze bazatorwa n’akanama k’abantu 10 barimo abanyamakuru ba siporo, abahagarariye Ishyirahamwe ry’Abato mu Rwanda n’iry’Abakiniye Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ [FAPA].

Hazabaho kandi n’itora ry’abafana rizakorerwa kuri internet. Itora ry’abafana rizatangira ku wa Gatanu saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba.

Amajwi y’akanama kihariye kashyizweho azaba afite agaciro ka 50%, itora ry’abafana rifite 20% mu gihe iry’abo mu makipe rizaba rifite 30%.

Ku gihembo cy’umukinnyi w’umwaka hazabanza gutangwa abakinnyi 30 ku wa Gatanu, mu gihe ubwo hazaba habura iminsi ibiri ngo hatangwe ibihembo ari bwo hazatangwa abakinnyi batanu ba nyuma bazavamo uwahize abandi.

Umwaka w’imikino wa 2024/25 uzasozwa ku wa 25 Gicurasi 2025, aho kugeza ubu Shampiyona igeze ku munsi wayo wa 28 uzakinwa mu mpera z’iki cyumweru.

Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya hagiye gutangwa ibihembo by’abakinnyi bitwaye neza muri Shampiyona y’u Rwanda.

Mu mwaka w’imikino ushize, umukinnyi wahize abandi yabaye Muhire Kevin ukinira Rayon Sports naho umutoza aba Umufaransa Thierry Froger watozaga APR FC.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, hagiye gutangwa ibihembo ku bakinnyi n'abatoza bitwaye neza
Chairman wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Hadji Youssuf, yavuze ko gutanga ibi bihemo byongera ihangana muri Shampiyona
Niyitanga Désiré uri mu bagize Inama y'Ubuyobozi ya Rwanda Premier League
Abanyamakuru batandukanye bitabiriye ikiganiro cyatangarijwemo iki gikorwa

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .