Denis Omedi aheruka gusinyira APR FC imyaka ibiri ndetse biteganyijwe ko azatangira imyitozo muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu mu cyumweru gitaha.
Perezida wa Kitara FC yakiniraga, Deo Kasozi, yamushimiye uko yitwaye mu mwaka n’igice yari amaze muri iyi kipe, agaragaza ko ari umukinnyi Uganda yose ihanze amaso.
Ati "Ndashaka gushimira ababyeyi be ko bamuhaye amahirwe, ikipe ye yahereyemo ya FC Booma ko yamugize umukinnyi mwiza ari we uyu munsi, ndetse na FUFA yatumye impano ye igaragara. Ndashimira abahoze ari bakinnyi n’abatoza n’ababikora ubu, uburyo bamufashije gukuza impano ye no kugera ku rwego ariho ubu."
Yongeyeho ati "Mu gihe ari kuva muri iyi kipe, tumwifurije guhirwa n’urugendo rwe rwo gukina, ariko by’umwihariko azagume arangwe n’ikinyabupfura ndetse atekereza igihugu cye kuko turamukeneye."
Mu gihe yari amaze muri Kitara FC, Omedi yatsinze ibitego 19 mu mikino 45 y’amarushanwa atandukanye.
Yagize uruhare rukomeye mu gufasha iyi kipe kwegukana Stanbic Uganda Cup mu 2023/24, atsinda ibitego by’ingenzi ku mikino ya Gaddafi FC na Pajule Lions FC.
Mu mwaka we wa mbere muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Uganda, yatsinze ibitego 15 mu mikino 36, arushwa ibitego bibiri na rutahizamu wa mbere.
Ku rwego Nyafurika, Denis Omedi yatsinze ibitego bibiri ubwo Kitara FC yakinaga irushanwa rya CAF Confederation Cup ku nshuro ya mbere, mu mikino ibiri yahuyemo na Al Hilal Benghazi yo muri Libya.
Yamamaye kandi ku rwego mpuzamahanga nyuma yo gutsinda igitego cyiza KCCA FC muri FUFA Super 8 Cup, cyari mu bitego 11 byiza byavuyemo icy’umwaka wa 2024 mu bihembo bya FIFA.
Igitego Denis Omedi ukinira Kitara FC, yatsinze KCCA muri Shampiyona ya Uganda, cyashyizwe mu bitego 11 byiza bizatoranywamo icyahize ibindi mu bihembo bya FIFA Puskás Award. pic.twitter.com/9cdExpb0Hv
— IGIHE Sports (@IGIHESports) November 29, 2024
Nyuma yo kugurisha Denis Omedi muri APR FC, Kitara FC yishyuye Booma FC miliyoni 10 z'Amashilingi ya Uganda yari yayisigayemo ubwo yamuguraga mu mpeshyi ya 2023.
Denis Omedi wari wabaye rutahizamu watsinze ibitego byinshi mu Cyiciro cya Kabiri (FUFA Big League 2022/23), yari… pic.twitter.com/g313IfvdkD
— IGIHE Sports (@IGIHESports) January 17, 2025



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!