00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruhago y’u Rwanda izaba iya mbere muri Afurika - Adel Amrouche nyuma yo guhabwa Amavubi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 2 March 2025 saa 05:56
Yasuwe :

Umunya-Algeria Adel Amrouche wahawe gutoza Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, yavuze ko afatanyije n’abungiriza be bazafatira urugero ku iterambere ry’u Rwanda bakagira ruhago Nyarwanda iya mbere muri Afurika.

Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo guhabwa inshingano cyabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Werurwe 2025.

Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), Munyantwali Alphonse, yavuze ko guhitamo uyu mutoza katari akazi koroshye kuko ari benshi bari baragasabye.

Ati “Hashize igihe nta mutoza dufite. Twari dufite akazi katoroshye ko kumuhitamo kuko hari benshi babyifuza. Ubu yaje rero kandi turizera ko amahitamo twakoze ari meza.”

“Buri wese hano yasinyishijwe imyaka ibiri, kandi bigendanye n’amarushanwa dufite hari ibyo twavuganye bazageraho.”

Adel Amrouche yavuze ko agiye guha amahirwe abakinnyi bose bo mu Rwanda bagaragaza ko bafite impano, ku buryo umupira w’u Rwanda uva ku rwego rumwe ukagera ku rundi.

Ati “U Rwanda ndaruzi, nzi abakinnyi baho, nzi amakipe yaho nka APR ikina amarushanwa mpuzamahanga, hari icyo nduziho. Ikindi bagomba kumenya ni uko nzwiho kuba nazana umukinnyi wo mu Cyiciro cya Kabiri agakinira ikipe y’igihugu.”

“Buri wese azabona amahirwe kuko Ikipe y’Igihugu ni iy’Abanyarwanda bose.”

Uyu mugabo wanyuze mu makipe atandukanye, avuga ko kuba u Rwanda rwariyubatse rukazamura ibendera ryarwo mu ruhando mpuzamahanga, ariko bizagenda no ku mupira w’amaguru.

Ati “Nakunze u Rwanda kuko ari igihugu cyiyubatse, ndashimira Perezida Paul Kagame wabikoze. Cyabaye igihugu cy’igihangange muri Afurika, ndabizi neza dufatanyije twazamura umupira w’u Rwanda ukaba uwa mbere muri Afurika.”

“Nkunda gukorana n’abatoza bo mu gihugu ngiyemo kuko akenshi na kenshi ntabwo tuzanwa no kubaka abakinnyi gusa, ahubwo harimo no gusangiza abatoza tuhasanga ubumenyi.”

Amrouche yongeyeho ko azakorana neza na Eric Nshimiyimana baziranye kuva kera, ndetse na Dr. Carolin Braun bakoranye mu yandi makipe y’ibihugu.

Nshimiyimana uzajya ufasha uyu mugabo, yahawe akazi ko gutoza amakipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 20 ndetse na 23, mu gihe Ikipe y’Igihugu y’Abagore izakurikiranwa na Cassa Mbungo Andre.

FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk'Umutoza Mukuru w'Amavubi
Adel Amrouche yagizwe Umutoza w'Amavubi
Adel Amrouche yavuze ko azaha amahirwe abanyarwanda bafite impano bose bagakinira Amavubi
Eric Nshimiyimana yagizwe umutoza wungirije w'Amavubi
Cassa Mbungo André yagizwe Umutoza Mukuru w'Amavubi y'Abagore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .