00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ronaldo yifuza kuyobora Ishyirahamwe rya Ruhago muri Brésil

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 17 December 2024 saa 11:28
Yasuwe :

Ronaldo Luís Nazário de Lima wabaye igihangange mu mupira w’amaguru, yagaragaje ubushake bwo kuyobora Ishyirahamwe rya Ruhago muri Brésil (CBF).

Ronaldo aganira n’ikinyamakuru Globo Esporte cyo mu gihugu cye, yakibwiye ko hari byinshi bituma yifuza uyu mwanya, ahanini bitewe n’igikundiro cy’Ikipe y’Igihugu.

Ati “Mfite impamvu ibihumbi zinsunikira kuba umukandida ku mwanya wa perezida muri CBF. Ndashaka kongera kugarura igitinyiro n’icyubahiro Ikipe y’Igihugu ya Brésil (Seleção) yahoranye na n’ubu kidakwiye undi uwo ari we wese.”

Uyu mugabo w’imyaka 48, yifuza kuzasimbura Ednaldo Rodrigues uzarangiza amasezerano mu 2026.

Ronaldo yanyuze mu makipe akomeye arimo FC Barcelona na Real Madrid zo muri Espagne, Inter Milan na AC Milan zo mu Butaliyani, PSV Eindhoven yo mu Buholandi n’izindi.

Kugeza ubu yari afite imigabane muri Real Valladolid yo muri Espagne, akaba yaramaze kumvikana n’abazayigura kugira ngo itazamubangamira igihe azaba yiyamamaza.

Ronaldo Nazário yifuza ko Ikipe y'Igihugu ya Brésil yongera kuba igihangange
Ronaldo Nazário yabaye rutahizamu ukomeye wa Brésil
Ronaldo Nazário ari mu bakinnyi begukanye Ballon d'Or
Ronaldo ni umunyabigwi mu mupira w'amaguru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .