Ku wa Gatanu, tariki ya 7 Werurwe 2025, nyuma ya saa Sita, ni bwo abakozi ba Stade des Martyrs bigaragambije, barimbura amazamu ndetse bakuraho n’inshundura zari ku kibuga. Hejuru y’ibyo kandi, bakupye umuyoboro w’umuriro w’amashanyarazi ndetse n’amazi muri stade mu rwego rwo kugaragaza akababaro kabo.
Grève au Stade des Martyrs : des agents ont déterré les poteaux du terrain annexe et de l'intérieur du stade pour revendiquer 9 mois de salaires impayés. 🏃🏾➡️🏃🏾➡️🏃🏾➡️ pic.twitter.com/PEdLBMyAMi
— MBOTE (@mbotecd) March 7, 2025
Hari hashize ibyumweru bike Urwego rutegura Shampiyona y’Umupira w’Amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (LINAFOOT) rutangaje igaruka ry’imikino nyuma yo guhagarara ukwezi kumwe.
Ibyakozwe n’abakora kuri Stade des Martyrs bishobora gukoma mu nkokora imikino yari iteganyijwe mu mpera z’icyumweru nk’uko ibitangazamakuru bitandukanye byo muri icyo gihugu byabitangaje.
Ikinyamakuru Voice of Congo cyatangaje ko guhera ku wa Gatanu hategerejwe icyo Minisiteri ya Siporo n’Imyidagaduro muri RDC ivuga ku byakozwe n’abakozi ba Stade des Martyrs.
Ni mu gihe muri uku kwezi kwa Werurwe, hateganyijwe imikino ikomeye irimo ifite kinini ivuze muri Shampiyona ya Congo, ndetse yose izabera kuri iki kibuga kuri ubu bigoye ko cyaberaho umukino.
Stade des Martyrs ni yo kandi Ikipe y’Igihugu ya Congo igomba kuzakiriraho Sudani y’Epfo ku wa 21 Werurwe, mu mukino w’Umunsi wa Gatanu wo mu Itsinda B ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!