Ni mu mukino w’Umunsi wa 19 wa Shampiyona y’u Rwanda wakiniwe kuri Kigali Pelé Stadium, kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Werurwe 2025, imbere y’abafana ba Gikundiro cyane ko ari yo yari yawakiriye.
Amakipe yombi yatangiranye imbaraga nyinshi mu kibuga hagati ubona ko hashobora kuba impinduka, ariko uko iminota yakomeje kwigira imbere, nta gihambaye cyigeze gikorwa imbere y’amazamu.
Uburyo bwiza bwabonetse mbere ni ubwa Rayon Sports ku munota wa 12, ubwo rutahizamu wayo Biramahire Abedi yateraga ishoti rikomeye, gusa umunyezamu wa Gasogi United, Ibrahima Dauda, awukuramo.
Icyo gihe Aziz Bassane yashatse gusobyamo ariko Iradukunda Axel arawumutanga arawurenza.
Igice cya mbere cyarangiye nta bundi buryo bufatika bwongeye kuboneka, bituma mu cya kabiri Robertinho akora impinduka akuramo Adama Bagayogo ashyiramo Rukundo Abdlahaman.
Rayon Sports yongeye kugera imbere y’izamu ku munota wa 58, ubwo Iraguha Hadji wari mu rubuga rw’amahina yahaga umupira Biramahire, awushyira ku mutwe gusa ntiwamukundira uca hejuru y’izamu gato cyane.
Umutoza wa Gasogi United, Tchiamas Gyslain Bienvenue, yasimbuje ku munota wa 61 akura mu kibuga Hakim Hamisi ashyiramo Harerimana Abdalaziz, mu gihe Rayon Sports yashyiragamo Abdulai Jalo igakuramo Richard Ndayishimiye.
Iki gice cyihariwe na Gasogi United FC cyane cyane mu kibuga hagati, ariko nanone Rayon Sports igakoresha abakinnyi bo mu mpande mu kugera ku izamu ryayo ikagorwa n’ubusatirizi bwahuzagurikaga.
Umukino wongeweho iminota itanu warangiye nta kipe ibonye igitego ari 0-0, Rayon Sports ikomeza kuyobora Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 42, aho irusha APR FC ya kabiri amanota atanu.



































Amafoto: Kasiro Claude & Umwali Sandrine
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!