00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yakusanyije miliyoni 84 Frw mu nama ititabiriwe na Munyakazi Sadate watumiwe

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 21 December 2024 saa 10:36
Yasuwe :

Komite Nyobozi ya Rayon Sports n’Urwego rw’Ikirenga ruyobora iyi kipe, baraye bakoze inama bemera kwishakamo ibihumbi 60$ (arenga miliyoni 84 Frw) azafasha iyi kipe kugura abakinnyi muri Mutarama, 2025 ubwo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rizaba rifunguye.

Iyi nama yabereye kuri B-Hotel i Nyarutarama, yitabiriwe n’abaheruka gutorwa mu buyobozi bwa Rayon Sports, uretse Umujyanama mu Rwego rw’ikirenga, Munyakazi Sadate, wari watumiwe ariko ntashobore kuboneka kubera impamvu ze bwite.

Intego z’iyi nama zikaba zari ukureba uko Umuryango wa Rayon Sports uhagaze ubu ndetse na raporo y’ibikorwa by’amezi asigaye ngo umwaka w’imikino 2024-25 urangire, n’ingengo y’imari isabwa.

Nyuma yo kubwirwa ko iyi kipe ikeneye abakinnyi muri Mutarama, aba bayobozi bemeye kwishakama ibihumbi, amafaranga bakaba bagomba kuba bayatanze mu minsi ine bitarenze tariki ya 25 Ukuboza 2024 ubwo hazaba hizihizwa Noheli.

Rayon Sports iri mu biganiro n’abakinnyi batatu bakina basatira barimo ba rutahizamu babiri na n’umwe ukina asatira ariko aca ku mpande.

Hari amakuru ko iyi kipe ishobora no kugurisha kapiteni wayo Muhire Kevin muri Mutarama, aho biramutse bibaye ngo yasimbuzwa Théodore Yawanendji-Malipangou Christian kuri ubu ibye bitari byasobanuka mu ikipe ya Gasogi United.

Kugeza ku munsi wa 13 wa Shampiyona, Rayon Sports iyoboye urutonde n’amanota 33 aho irusha amanota umunani APR FC iyikurikiye gusa iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ikaba ifite umukino umwe w’ikirarane izakirwamo na Musanze FC.

Abitabiriye inama bishimiye ko bagiye gufasha ikipe bakunda
Muvunyi uyobora Urwego rw’Ikirenga, Twagirayezu Thaddée uyobora Umuryango Rayon Sports na Murenzi Abdallah wigeze kuyiyobora bari mu bitabiriye iyi nama
Gacinya Chance Denis na we yari mu nama yo kureba aho Rayon Sports ihagaze kugeza ubu
Rayon Sports igiye kugura abakinnyi batatu bakomeye bazayifasha kwitwara neza mu mikino yo kwishyura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .