00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yakambitse kuri FERWAFA, ihava ikomorewe na FIFA

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 Mutarama 2023 saa 04:21
Yasuwe :

Umunyamabanga wa Rayon Sports, Namenye Patrick, yakambitse ku cyicaro cya FERWAFA i Remera kugeza ubwo iyi kipe yakurirwagaho ibihano byo kutandikisha abakinnyi bashya kuri uyu wa Kane.

Rayon Sports imaze ibyumweru bitatu yarasinyishije rutahizamu w’Umunye-Congo Nzinga Héritier Luvumbu uheruka gutandukana na Primeiro de Agosto yo muri Angola, ariko ntiyashoboye kumwandikisha kubera ibihano yari yashyiriweho na FIFA.

Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi ryabujije iyi kipe kwandikisha abakinnyi bashya kubera umwenda yari ibereyemo Umutoza w’Umunya-Portugal, Daniel Ferreira Faria, wari wungirije Jorge Paixão mu mwaka ushize w’imikino.

Nubwo Murera yari yishyuye 3700$ yagombaga Faria, uwunganira uyu mutoza mu mategeko yatinze kwemeza ko amafaranga yageze ku mukiliya we, bituma Luvumbu adakinira Rayon Sports ku mukino wa Musanze FC wabaye ku wa 24 Mutarama 2023.

Icyo gihe, Daniel Ferreia Faria yemereye IGIHE ko yamaze kwishyurWa ariko ikibazo gifitwe na Paixão yari yungirije.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Mutarama, Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick, yiriwe ku cyicaro cya FERWAFA i Remera, akurikirana ibijyanye n’ibihano byari kuri iyi kipe.

By’amahire, uruhande rwa Daniel Ferreira Faria rwemeje ko rwamaze kubona amafaranga ya Rayon Sports, byatumye na FIFA ikuraho ibihano yari yafatiye iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

Rayon Sports yahise itangira gushaka uburyo ibona ibyangombwa bya Luvumbu, isaba icyangombwa kigomba kwemezwa n’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Angola aho uyu mukinnyi w’Umunye-Congo aheruka gukina.

Gikundiro nk’uko abafana bayo bayita, yakuriweho ibihano mu gihe hasigaye umunsi umwe gusa isoko ryo kugura abakinnyi rigafunga ku wa 27 Mutarama.

Umunya-Maroc Youssef Rharb ni umwe mu bashobora kwiyongera muri Rayon Sports ku munota wa nyuma nubwo iyi kipe imaze iminsi ishaka rutahizamu ufasha abayisanzwemo.

Murera izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Mutarama, ubwo izaba yakiriwe na Mukura VS mu mukino w’Umunsi wa 17 wa Shampiyona uzabera kuri Stade ya Huye.

Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick, yabyukiye ku cyicaro cya FERWAFA kuri uyu wa Kane
Namenye Patrick wa Rayon Sports ari kumwe na Mvukiyehe Juvénal wa Kiyovu Sports
Karangwa Jules ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA asuhuzanya na Namenye Patrick ku cyicaro cy'iri shyirahamwe
Daniel Ferreira Faria yemeje ko yamaze kwishyurwa na Rayon Sports amafaranga yari imubereyemo
Kuri ubu, Rayon Sports ishobora kwandikisha Luvumbu nk'umukinnyi wayo

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .