Uyu mukino w’Umunsi wa 28 wa Shampiyona, wari wahuje ikipe ishaka igikombe ndetse n’irwana no kutamanuka mu Cyiciro cya Kabiri.
Ubwo Bugesera FC yari imaze gutsinda igitego cya kabiri, ku munota wa 52, abafana batangiye gutera amabuye mu kibuga, abari bayoboye umukino bawuhagarika nyuma y’iminota isaga 15 yakurikiyeho.
Mu itangazo Rayon Sports yashyize hanze kuri iki Cyumweru, tariki ya 18 Gicurasi, yavuze ko “ibyabaye bihabanye n’indangagaciro z’umupira w’amaguru, gukina mu mucyo no kubahana.”
Yakomeje igira iti “Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports burashimangira ubushake bwo gukorana n’inzego zibishinzwe zirimo FERWAFA, Minisiteri ya Siporo n’izindi nzego bireba, mu gushakira hamwe ibisubizo byubaka Siporo.”
Iyi kipe yambara ubururu n’umweru, yasabye ko “hafatwa ingamba zihamye kandi zinoze mu rwego rwo gukumira ko ibisa n’ibyabaye byongera kubaho.”
Yijeje kandi gukomeza “gutanga umusanzu mu kubaka umupira w’amaguru uzira amakemwa, ushingiye ku mucyo, ubufatanye n’iterambere rirambye.”
ITANGAZO pic.twitter.com/Op3admScDT
— Rayon Sports Official (@rayon_sports) May 18, 2025
Imvururu zabaye kuri uyu mukino zasize hari abafana bagize ibibazo byatumye bajyanwa kwa muganga ndetse inzego zirimo Minisiteri ya Siporo zatangaje ko zigiye gukurikirana iki kibazo.
Kuri ubu hategerejwe umwanzuro uzafatwa na FERWAFA ndetse na Rwanda Premier League kuri uyu mukino wahagaze utarangiye.
Umva inkomoko y’imvururu zabaye ku mukino wa Bugesera FC na Rayon Sports










Amafoto: Kasiro Claude
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!