00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports y’Abagore yasubiriye AS Kigali itangira gukoza imitwe y’intoki ku Gikombe cya Shampiyona (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 8 March 2025 saa 08:38
Yasuwe :

Rayon Sports y’Abagore yatsinze AS Kigali igitego 1-0 itangira gukoza imitwe y’intoki ku Gikombe cya Shampiyona ishobora kwegukana ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Uyu mukino wari utegerejwe cyane wabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 8 Werurwe 2025, umunsi Isi yose yizihizaho Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore.

Umukino watangiye ugenda gake ariko Rayon Sports igerageza uburyo bufatika bw’ibitego.

Ku munota wa 22, Niyonshuti Emerance yazamukanye umupira neza atera ishoti rikomeye ari hanze y’urubuga rw’amahina, atsinda igitego cya mbere.

Mu minota 30, AS Kigali yatangiye gusatira bikomeye ishaka kwishyura ariko uburyo Uwase Zawadi yabonaga ntababubyaze umusaruro.

Mu minota 40, umukino wongeye gutuza ukinirwa cyane mu kibuga hagati kuko n’uburyo bw’ibitego bwari bwagabanyutse.

Ku munota wa 44, Zawadi yacomekewe umupira mwiza yisanga asigaranye n’umunyezamu Ndakimana Angeline bonyine, ateye ishoti rikomeye umupira ukubita umutambiko uvamo.

Igice cya mbere cyarangiye Rayon Sports yatsinze AS Kigali igitego 1-0.

Gikundiro yakomeje gukina neza no mu gice cya kabiri. Ku munota wa 60, Mukeshimana Dorotheé yacomekeye umupira mwiza Peace Olga ariko ateye ishoti, umupira uca hejuru gato y’izamu.

Mu minota 70, Ikipe y’Umujyi yageragezaga gusatira ishaka uko yishyura igitego ariko nk’ibisanzwe, Zawadi kureba mu izamu bikagorana.

Iyi kipe yakomeje gusatira bikomeye ariko Kayitesi Alodie yabonaga uburyo bw’ibitego, umunyezamu Ndakimana Angeline akamubera ibamba.

Umukino warangiye Rayon Sports yatsinze AS Kigali igitego 1-0 ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere n’amanota 47.

Gikundiro ikomeje gukoza imitwe y’intoki ku Gikombe cya Shampiyona mu gihe isigaje imikino ine ngo irangire.

AS Kigali itaritwaye neza uyu mwaka, iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 30 mu gihe ibura imikino itandatu.

Abakinnyi Rayon Sports yabanje mu kibuga
Abakinnyi AS Kigali WFC yabanje mu kibuga
Niyonshuti Emerance watsinze igitego, ahanganiye umupira
Kapiteni wa Rayon Sports, Mukeshimana Dorotheé yitegura gutera koruneri
Wari umukino w'imbaraga
Gikundiro ni umwe mu bakinnyi bato batanga icyizere
Umutoza wa Rayon Sports y'Abagore, Rwaka Claude, yatoje uyu mukino nyuma y'iminsi yeguye kuri iyi mirimo

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .