00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yujuje imikino umunani idatsinda Kiyovu Sports (Amafoto na Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 5 Gashyantare 2023 saa 11:05
Yasuwe :

Rayon Sports yanganyije na Kiyovu Sports 0-0 mu mukino w’Umunsi wa 18 wa Shampiyona wabereye kuri Stade ya Muhanga ku Cyumweru, tariki ya 5 Gashyantare 2023.

Uyu mukino watangiriye mu mvura nyinshi cyane ndetse byahise biba ngombwa ko abari bishyuye mu myanya isanzwe bahita birukira ahatwikiriye.

Ku munota wa karindwi, Moussa Camara yacomekewe umupira mwiza na Iraguha Hadji ariko uyu Munya-Mali ananirwa kuroba Umunyezamu Kimenyi Yves ngo afungure amazamu ku ruhande rwa Rayon Sports.

Gikundiro yatangiye kwiharira umupira, gusa umukino ugakomeza gukinirwa hagati mu kibuga cyane.

Ku munota wa 18, Héritier Luvumbu yateye ishoti rikomeye ari hanze y’urubuga rw’amahina ariko umupira ujya hejuru gato y’izamu.

Rayon Sports yari hejuru muri iyi minota yongeye guhusha uburyo bukomeye ku mupira Luvumbu yacomekeye Joackiam Ojera, ariko awuhinduye imbere y’izamu habura uwukoraho ngo atsinde igitego.

Ku munota wa 30, Raphael Osaluwe yagize imvune ndetse asohoka mu kibuga arira, Umutoza Haringingo Francis amusimbuza Kanamugire Roger.

Ikipe yambara Ubururu n’Umweru yongeye guhusha igitego cyari cyabazwe, ku mupira Luvumbu yateye kuri coup franc Mucyo Didier Junior awutera yigaramye uca hanze gato y’izamu.

Umukino wakomeje gukinirwa hagati mu kibuga, habura ikipe ireba mu izamu ry’indi. Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Kiyovu Sports yatangiranye imbaraga nyinshi igice cya kabiri cyane ko mu minota itanu yacyo ya mbere yari imaze guhusha uburyo bubiri bwashoboraga kuvamo igitego.

Ku munota wa 61, Nkurunziza Félicien yasimbuye Ganijuru Elie, Mussa Esenu afata umwanya wa Moussa Camara.

Rayon Sports yongeye kuyobora umukino ariko uburyo bwinshi yageragezaga ku bakinnyi bayo nka Ojera, Luvumbu na Esenu ntibubyare umusaruro.

Mu minota ya nyuma Kiyovu yasatiriye bikomeye ariko uburyo bwinshi yabonaga ntibugire icyo bubyara.

Umukino warangiye amakipe yombi anganya 0-0, uba uwa munani Rayon Sports imaze idatsinda Kiyovu Sports, ndetse ni uwa kabiri wikurikiranya inaniwe kubonamo amanota atatu mbere yo gusura APR FC, tariki 12 Gashyantare 2023 mu mukino uzabera kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Indi mikino yabaye uyu munsi, Marines FC yatsinze Rwamagana City ibitego 3-2, Espoir FC yanganyije na Bugesera FC igitego 1-1, Musanze FC inganya na Etincelles 0-0.

Umunsi wa 18 wa shampiyona wasojwe APR FC ikomeje kuyobora n’amanota 37, Gasogi United iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 35, AS Kigali na Rayon Sports zifite 33 na Kiyovu ku mwanya wa gatanu n’amanota 32.

Inkuru wasoma: Rayon Sports yanganyije na Kiyovu Sports mbere yo guhura na APR FC- Uko umukino wagenze (Amafoto)

Kapiteni wa Kiyovu Sports, Kimenyi Yves yahawe icyapa cyanditseho ubutumwa bwa 'Gerayo Amahoro' bwa Polisi y'Igihugu bukumira impanuka zo mu muhanda
Na Kapiteni wa Rayon Sports, Mugisha François 'Master' na we yahawe ubu butumwa
Abayobozi b'amakipe batangiye basuhuza abakinnyi ku mpande zombi. Aha Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle yaramukanyaga na Mussa Camara
Umukinnyi mushya wa Rayon Sports, Joackiam Ojera akora mu kiganza cya Perezida w'iyi Kipe, Uwayezu Jean Fidèle
Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle asuhuza Kapiteni w Kiyovu Sports, Kimenyi Yves
Perezida wa Kiyovu Sports Limited, Mvukiyehe Juvénal asuhuza abakinnyi mbere y'uko umukino utangira
Aha yari ageze kuri Bigirimana Abeddy aramwongorera mbere y'uko agenda
Ifoto y'urwibutso hamwe n'abanyacyubahiro
Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa Kiyovu Sports
Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa Rayon Sports
Umunya-Nigeria ukina hagati ha Rayon Sports, Rafael Osalue witwaye neza mu gice cya mbere
Abafana imitima yari ihagaze
Umunyezamu wa Rayon Sports, Hategekimana Bonheur ni uku yifashe nyuma y'uko Ikipe ye ihushije uburyo bwari bwabazwe
Uruganda rwenga ibinyobwa rwa Skol rwari rwateye ihema kuri Stade ya Muhanga ku buryo ntwa wishwe n'icyaka
Umurundi Bigirimana Abeddy ahanganye na Kapiteni wa Rayon Sports, Mugisha François n'Umunye-Congo, Luvumbu Nzinga
Umugande, Rayon Sports yatijwe na URA, Joachiam Ojera yitwaye neza mu mukino we wa mbere ahura n'Ikigugu Kiyovu Sports
Umuyobozi w'amarushanwa muri FERWAFA, Karangwa Jules akurikirana uyu mukino
Nyiri Skol ku Isi, Thibault Relecom ubwo yari ageze kuri Stade ya Muhanga gukurikirana umukino wahuzaga Kiyovu Sports na Rayon Sports nk'Umufatanyabikorwa w'Uruganda abereye Umuyobozi
Umunye-Congo, Héritier Luvumbu Nzinga ahanganye n'abakinnyi ba Kiyovu Sports
Nyuma y'uko igice cya mbere kirangiye, abakinnyi ba Kiyovu Sports babanje gukora inama mbere yo kujya mu rwambariro
Ivi rya Raphael Olise Osalue ryongeye kugira ikibazo asimburwa mu gice cya mbere
Yagiye mu rwambariro asindagizwa na Muvandimwe Jean Marie Vianney
Yagarutse igice cya kabiri gitangiye yicara mu myanya y'icyubahiro ababara cyane
Nyiri Skol ku Isi, Thibault Relecom yakurikiye uyu mukino hamwe n'umuryango we
Visi Perezida wa mbere wa Kiyovu Sports, Mbonyumuvunyi Abdul Karim yakurikiye uyu mukino ari kumwe n'umufasha we Mushambokazi Jordan wari mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Nyampinga w'u Rwanda 2018
Kayitaba Jean Bosco ukinira Police FC yakurikiye uyu mukino
Ushinzwe igura n'igurisha ry'abakinnyi n'abatoza muri APR FC, Mupenzi Eto yarebye uyu mukino
Abatoza b'Ikipe y'Igihugu Amavubi, Umukuru Carlos Alos Ferrer n'Umwungiriza Jacint Magriña Clemente barebye uyu mukino
Perezida wa Kiyovu Sports Limited, Mvukiyehe Juvenal na Perezida wa Kiyovu Sports Association, Ndorimana Jean François Régis bari bicaranye bareba uko Ikipe yabo iri kwitwara
Umuvugizi wa Rayon Sporta, Nkurunziza Jean Paul areba uko Ikipe ye ikina
Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles 'KNC' ari kumwe n'Umusifuzi mpuzamahanga Uwikunda Samuel bakurikiye umukino
Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle ntiyari yishimye Ikipe ye itarabona igitego
Uwayezu yari yicaranye n'Uwahoze ari Minisitiri w'Intebe, Makuza Bernard
Umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru n'Itumanaho muri AS Kigali, Kankindi Anne-Lise Alida yajyanaga n'umukino
Abafana bakoze iyo bwabaga ariko igitego kirabura
Ingoma bavugijwe ku bwinshi
Skol yegereje abafana icyo kunywa
Abafana ba Kiyovu n'ubwo bari bake ariko bafannye biratinda
Rutahizamu w'Umunya-Mali, Moussa Camara akaraba mu maso nyuma yo gusimburwa
Umutoza wa Rayon Sports, Haringongo Francis acungana n'iminota ngo arebe ko yabona igitego
Myugariro Rwatubyaye Abdul yagaruraga umupira uko warengaga ngo arebe ko Rayon Sports yabona igitego
Wari umukino urimo ishyaka ryinshi

Amafoto: Ntare Julius

Video: Mugisha Dua


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .