00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Premier League: Abakinnyi bagiye kujya bahanirwa kwegera abasifuzi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 17 May 2025 saa 10:51
Yasuwe :

Akanama Mpuzamahanga gashinzwe amategeko y’Umupira w’Amaguru (IFAB), kemeje itegeko rishya rigamije kubuza abakinnyi kwegera umusifuzi mu gihe batishimiye umwanzuro, aho uzajya ubikora atari kapiteni azajya ahanwa.

Mu Bwongereza iri tegeko rizatangira gukurikizwa mu 2025/26.

Nk’uko bisanzwe mu mupira w’amaguru, bibaho ko umukinnyi atishimira umwanzuro umusifuzi yamufatiye, akamwegera ariko akenshi hakavamo gushyamirana kwa bombi.

Kugira ngo ibi bicike mu mupira w’amaguru, hafashwe umwanzuro ko umukinnyi aba afite umuhagarariye mu kibuga ari we kapiteni, bityo ari we ukwiriye kujya akurikirana ibirebana n’ibyemezo bifatwa.

Mbere y’uko umukino utangira, umusifuzi azajya atanga amabwiriza ku bakinnyi, abamenyeshe ko nta n’umwe wemerewe kumwegera aburana ku myanzuro usibye kapiteni, keretse igihe umusifuzi ari we umutumyeho.

Kuko ikibuga cy’umupira w’amaguru kiba ari kinini, mu gihe kapiteni ari umunyezamu kandi akaba adashobora kugera hose bigendanye n’uko ikipe ye yateguye umukino, abakinnyi 11 bari mu kibuga bazajya bitoramo umwe ufite uburenganzira bwo kujya aganira n’umusifuzi.

Abatazubahiriza aya mabwiriza, bazajya bahita berekwa ikarita y’umuhondo kuko bizajya bifatwa nk’agasuzuguro.

Iri tegeko ryamaze gukorerwa igeragezwa by’umwihariko mu marushanwa y’i Burayi muri uyu mwaka, rikaba rishobora no gukoreshwa mu irushanwa ry’abagore rya Women’s Super League.

Kapiteni wa buri kipe ni we uzajya uba yemerewe kwegera umusifuzi ngo bumvikane
Abakinnyi bo mu Bwongereza bazajya begera umusifuzi baburana bazajya bahabwa amakarita

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .