Iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, cyabaye ku Cyumweru, tariki ya 13 Mata 2025.
Abayobozi, abakinnyi n’abandi bakozi ba Police FC basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuva ku buryo yateguwe, uko yashyizwe mu bikorwa n’uburyo yahagaritswe.
Wari umwanya mwiza wo gusobanukirwa amateka y’igihugu ku bakinnyi b’iyi kipe ibarizwamo abanyamahanga batandukanye cyane ko imaze imyaka ibiri isubiye kuri politiki yo kubakinisha.
Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi rushyinguwemo imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside basaga ibihumbi 259.000, bakuwe mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo.














TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!