00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Police FC yatsinze Gasogi United isoza umwaka imwenyura (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 27 December 2024 saa 11:47
Yasuwe :

Police FC yatsinze Gasogi United ibitego 2-0 isoza umwaka wa 2024 imwenyura nyuma y’iminsi itabona amanota atatu.

Uyu mukino w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona, wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 27 Ukuboza 2024 kuri Kigali Pelé Stadium.

Ni umukino wari witezwe cyane kuko Police FC yari yasabye ko wimurwa kubera abakinnyi ifite mu Ikipe y’Igihugu ariko irabyangirwa.

Watangiye ugenda gake cyane, ukinirwa cyane mu kibuga hagati bityo uburyo bw’ibitego bukaba buke.

Mu minota 30, Gasogi United yatangiye gusatira cyane ariko uburyo bw’ibitego bwabonwaga na Muderi Akbar na Ndikumana Danny ntibubyare umusaruro.

Mu minota ya nyuma y’igice cya mbere, Police FC yatangiye gusatira Ani Elijah na Bigirimana Abedi ntibabyaze umusaruro amahirwe babonaga.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga, amakipe yombi asatirana bikomeye ari nako umukino uryoha.

Police FC yakomeje gusatira, ku munota wa 68, Henry Msanga yatsinze igitego cyiza ku mupira ab’inyuma ba Gasogi bakuyeho usanga ahagaze wenyine atera ishoti rikomeye ari hanze y’urubuga rw’amahina.

Mu minota 75, Ikipe ya Polisi y’Igihugu yakomeje gusatira ishaka igitego cya kabiri ariko imipira myinshi Elijah yayiteraga hanze.

Ku munota wa 81, Gasogi yazamutse yihuta cyane Hakizimana Adolphe atera ishoti umupira ukubita umutambiko w’izamu uvamo.

Nyuma y’iminota itatu gusa, Police FC yazamutse neza Ani Elijah wari wahushije cyane, yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 84.

Umukino warangiye Police FC yatsinze Gasogi United ibitego 2-0 ifata umwanya wa gatatu n’amanota 23, mu gihe indi yagumye ku wa gatandatu na 20.

Police FC izasoza imikino ibanza ya shampiyona ikina na Rayon Sports, umukino w’ikirarane cy’umunsi wa 14, tariki ya 4 Mutarama 2025.

11 ba Police FC babanje mu kibuga
Abakinnyi 11 Gasogi United yabanje mu kibuga
Muhadjiri ahanganye na Mugisha Joseph
Myugariro Hakizimana Adolphe azamukana umupira
Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego cya mbere
Nsabimana Eric na Msanga Henry bishimira igitego cya mbere
Elijah yahushije ibitego byinshi
Ani Elijah yishimiye igitego mu buryo budasanzwe
Msanga na Elijah bishimira igitego
Ani Elijah ashima Imana nyuma yo gutsinda igitego cya kabiri
Abafana ba Police FC batashye banezerewe
Izi nkumi zafanaga cyane
Hakizimana Muhadjiri ashaka uko atanga umupira
Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles akurikiye umukino

Amafoto: Kwizera Herve


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .