00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Police FC na AS Kigali zageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro (Amafoto na Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 19 February 2025 saa 07:36
Yasuwe :

Police FC na AS Kigali zageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro zisezereye Nyanza FC na Vision FC muri ⅛.

Ikipe ya Polisi y’Igihugu yabigezeho nyuma yo gutsinda Nyanza FC ibitego 3-0, biba igiteranyo cya 4-2 mu mikino yombi. Ni mu gihe AS Kigali yo yabigezeho isezereye Vision FC ku giteranyo cy’ibitego 2-1.

Police FC yagiye muri uyu mukino isabwa gutsinda kuko yari yatsinzwe ubanza ibitego 2-1.

Uyu mukino watangiye utuje amakipe yombi yigana. Ku munota wa 20, Police FC yafunguye amazamu ku gitego myugariro wa Nyanza FC yitsinze.

Mu minota 30, Ikipe ya Polisi y’Igihugu yakomeje gusatira bikomeye ibifashijwemo na Mugisha Didier na Chukwuma Odili.

Ku munota wa 37, Chukwuma yazamukanye umupira neza ategerwa mu rubuga rw’amahina, umusifuzi atanga penaliti.

Yinjijwe neza na Byiringiro Lague watsinze igitego cye cya mbere muri iyi kipe, kiba icya kabiri muri uyu mukino.

Igice cya mbere cyarangiye, Police FC yatsinze Nyanza FC ibitego 2-0.

Iyi kipe yakomerejeko no mu gice cya kabiri, ku munota wa 64, Mugisha Didier wari wahushije ibitego byinshi yatsinze icya gatatu.

Umukino warangiye Police FC yatsinze Nyanza FC ibitego 3-0, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 4-2 mu mikino yombi.

Undi mukino wabaye uyu munsi, AS Kigali yanganyije na Vision FC igitego 1-1, Ikipe y’Umujyi wa Kigali ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 2-1.

Muri ¼, Police FC izahura na AS Kigali, Amagaju FC azakina na Mukura.

Ni mu gihe, Rayon Sports izahura n’izava hagati ya Gorilla FC na City Boys zizakina ku wa Kane. Gasogi United izahura n’iva hagati APR FC na Musanze FC zirahura saa 18:00 kuri Kigali Pelé Stadium.

Mugisha Desire yatsinze igitego cya gatatu cya Police FC
Byiringiro Lague ahanganiye umupira
Achiraf mandela atanga umupira
Nsabimana Eric Zidane agerageza guhindura umupira imbere y'izamu
Umutoza wa Police FC, Mashami Vincent yanyuzagamo ntiyishimira uko abakinnyi bari gukina
Abafana ba Police FC bagiye kuyishyigikira
Penaliti ya Byiringiro Lague, yabaye igitego cye cya mbere muri Police FC
Henry Msanga atanga umupira

Amafoto yaranze umukino wa AS Kigali na Vision FC

Emmanuel Okwi yishimira igitego yatsinze
Emmanuel Okwi afungura amazamu
Okwi na Tchabalala bishimira igitego
Abakinnyi ba AS Kigali bishimira igitego
Abatoza bungirije ba APR FC bakurikiye umukino wa AS Kigali na Vision FC
Rurangwa Mossi ahanganye na Hussein Tchabalala
Umunyezamu wa Vision FC, Banda Bienvenu akuramo umupira
Ganijuru Elie azamukana umupira
Elie Kategaya ahanganye na Benedata Janvier
Ntirushwa Aime agerageza ishoti rikomeye

Amafoto: Kasiro Claude na Umwari Sandrine
Video: Rukimbira Divin na Bizimana Confiance


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .