00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Patrice Motsepe yagiye muri Kenya, kureba aho igeze imyiteguro ya CHAN 2024

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 December 2024 saa 06:43
Yasuwe :

Perezida w’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe, yageze muri Kenya kureba aho imyiteguro yo kwakira irushanwa rya CHAN 2024 igeze, mu gihe iki gihugu gisigaje iminsi 10 yo kuba cyarangije ibi bikorwa.

Shampiyona Nyafurika ikinwa n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, biteganyijwe ko izakinirwa mu bihugu bitatu; Uganda, Tanzania na Kenya guhera tariki ya 1-28 Gashyantare 2025.

Mu gihe ibindi bihugu byamaze kubona nibura stade imwe izakira iyo mikino, Kenya yo iracyari inyuma mu myiteguro, aho Stade ya Kasarani yatanzwe igisigaje byinshi byo gukorwaho.

Motsepe ageze muri Kenya yagiranye ibiganiro na Perezida w’iki gihugu, William Ruto, yemeza ko mu gihe cyagenwe ibisabwa byose bizaba byarangiye kugira ngo irushanwa rikinwe.

Ati “Kenya iri guhagarika imbogamizi zose kugira ngo izakire CHAN iteganyijwe muri Gashyantare 2025. Ivugurura rya Moi Sports Centre Kasarani na Nyayo Stadium riri kugenda neza,”

“Ulinzi Sports Complex na Police Sacco Stadium biri Nairobi na Kirigiti Stadium, bizakoreshwa nk’ibibuga by’imyitozo na byo biragana heza.”

Motsepe na we yashimangiye umuvuduko ibikorwa biriho, ati “Dufite abantu bacu bari hano bari gukurikirana ibikorwa byose. Bari gukora ibishoboka byose kugira ngo igihe kizagera byose biri ku murongo. Ndizera ko igih nzagaruka hano nzaba nje muri CHAN.”

Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Kenya, Hussein Mohamed ndetse n’uwahoze ari Minisitiri wa Siporo n’Urubyiruko, Onesimus Kipchumba Murkomen n’abandi baherekeje Motsepe bajya kumwereka aho imirimo igeze.

Mu gihe Kenya yaba inaniwe gukurikiza amatariki yahawe yo kwakira iri rushanwa, ryahabwa u Rwanda kuko rufite Stade Amahoro yiteguye hanyuma yo igakomeza ikitegura AFCON 2027.

Perezida Ruto yagaragaje ko Kenya iri kwihutisha ibikorwa byo kubaka stade n'ibibuga by'imyitozo
CAF yagiranye ibiganiro na leta ya Kenya ku myiteguro ya CHAN iteganyijwe muri Gashyantare 2025
Patrice Motsepe yahuye na Perezida Ruto baganira ku myiteguro ya CHAN 2024
Urwambariro ni kimwe mu bitaraboneka kuri Moi International Sports Centre
Perezida Ruto yahuye n'ubuyobozi bwa CAF baganira ku myiteguro ya CHAN
Igisenge cya Moi International Sports Centre ntikirarangira
Hasigaye iminsi 10 ku matariki CAF yahaye Kenya ngo ibe yamaze kubona stade zizaberaho CHAN
Ubwiherero bwa Moi International Sports Centre na bwo bwamaze gutunganywa
Imwe mu mirimo ya Moi International Sports Centre yararangiye
Moi International Sports Centre iracyari kuvugururwa
Minisitiri Kipchumba Murkomen asura ibibuga ngo arebe aho imirimo igeze
Minisitiri Kipchumba Murkomen afatanya n'abari kubaka Moi Stadium
Mu gihe Kenya yaba ititeguye, irushanwa ryahabwa u Rwanda rukiyongera kuri Tanzania na Uganda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .