Uyu mukinnyi ni yo nteruro rukumbi yatangarije IGIHE. Ati “Ntabwo nishimiye buri kimwe cyabaye muri APR FC.”
Johnson yageze muri APR FC muri Nyakanga 2024 gusa ntabwo yabonye umwanya wo gukina, byatumye atandukana na APR FC muri Mutarama 2025 ku bwumvikane bw’impande zombi.
Uyu mukinnyi si we gusa watandukanye na APR FC kuko yajyanye na mugenzi we Godwin Odibo nawe wananiwe gufatisha.
Iyi kipe yabasimbuje, Abanya-Uganda barimo Hakim Kiwanuka na Denis Omedi bari kubanza mu kibuga kuva bayigeramo.
Umunya-Nigeria, Chidiebere Nwobodo, uheruka gutandukana na APR FC, yatangaje ko atishimiye ubuzima yabayemo. pic.twitter.com/04UyIKG6IA
— IGIHE Sports (@IGIHESports) February 13, 2025


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!