00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nta gitutu dufite! Umutoza Eric Nshimiyimana na Kapiteni Bizimana Djihad mbere yo guhura na Nigeria

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 March 2025 saa 06:02
Yasuwe :

Umutoza wungirije w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, Eric Nshimiyimana, ndetse na Kapiteni wayo Bizimana Djihad, bavuze ko nta gitutu bafite mbere yo gukina na Nigeria.

Ibi ni bimwe mu byo batangarije mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Werurwe 2025, cyagaragazaga aho imyiteguro yabo igeze mu mukino bafitanye na Super Eagles.

Eric Nshimiyimana, yavuze ko uyu ari umukino biteguye neza kandi amahirwe ari ku ruhande rw’u Rwanda.

Ati “Uyu mukino tuwiteguye neza kandi tuzabona intsinzi. Tuyoboye Itsinda n’amanota arindwi, Nigeria ikagira atatu. Si twe dufite igitutu ahubwo ni bo bagifite.”

Kapitni Bizimana Djihad yunze mu rye, avuga ko abakinnyi b’u Rwanda bameze neza kandi bazakora ibishoboka byose bagaha ibyishimo Abanyarwanda bose.

Ati “Uyu munsi dufite abakinnyi beza badafite ubwoba, icyo ni kimwe mu byo dushingiraho tuvuga ko tuzabona intsinzi. Nta bwoba dufite kandi icyizere ni cyose mu bakinnyi tumeze neza. Nitubasha kwirinda amakosa tuzatsinda umukino.”

U Rwanda ruzahura na Nigeria ku wa Gatanu, tariki ya 21 Werurwe 2025, kuri Stade Amahoro, aho amakipe yombi ahanganiye itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026, kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada.

Umutoza wungirije w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, Eric Nshimiyimana yavuze ko Amavubi adafite igitutu
Amavubi afite icyizere cyo gutsinda Nigeria
Umutoza wungirije w'Amavubi, Eric Nshimiyimana na Kapiteni Bizimana Djihad, bahamya ko nta gitutu bafite imbere na Nigeria
Abanyamakuru bitabiriye ikiganiro cy'imyiteguro y'Amavubi
Kapiteni Bizimana Djihad ahamya ko abakinnyi bose biteguye

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .