Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Ukuboza 2024, ni bwo Amavubi akomeza imyitozo yitegura guhura na Sudani y’Epfo mu mukino uzabera i Kigali ku wa 28 Ukuboza 2024.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko mu bakinnyi bakinnye umukino ubanza hari bamwe batazakina ukurikiraho kubera imvune.
Abo ni Byiringiro Jean Gilbert wa APR FC ndetse na Ngabonziza Pacifique wa Police FC, mu gihe Nkurunziza Félicien wa Musanze FC na Iradukunda Simeon wa Police FC ari bo batoranyijwe ngo babasimbure.
Ikipe y’Igihugu y’Umutoza Jimmy Mulisa yatsindiwe i Juba ibitego 3-2, mu mukino ubanza, mu gihe uwo kwishyura uzabera kuri Stade Amahoro.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!