00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria yahamije ko akazi gakomeye yagakoreye i Kigali, ikerensa Zimbabwe

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 25 March 2025 saa 03:51
Yasuwe :

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Éric Chelle, ndetse na Kapiteni wayo William Troost-Ekong, bavuze ko inzira ibaganisha mu Gikombe cy’Isi umuryango wayo wari mu Rwanda, akazi gasigaye koroshye harimo n’umukino ubahuza na Zimbabwe.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 25 Werurwe 2025, ni bwo haza gukinwa imikino y’Umunsi wa Gatandatu mu Itsinda C ryo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Super Eagles iherutse kubona amanota y’ingenzi iyakuye i Kigali, iraza kwakira Zimbabwe yatsinzwe na Afurika y’Epfo mu mukino uheruka.

Mbere y’uko Nigeria yakira uyu mukino, Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Éric Chelle, ndetse na Kapiteni wayo, William Troost-Ekong, bagaragaje ko ari akazi kazaba koroshye kuko akaruhije bakarangirije mu Rwanda.

Éric Chelle yagize ati “Ndatekereza ko abakinnyi bameze neza kuko babonye amanota akenewe mu Rwanda. Uriya wari umukino wanjye wa mbere nk’umutoza, ndetse turi no ku gitutu cyo gusubiza ikipe mu myanya myiza.”

“Ndatekereza ko ubu abakinnyi bari kumva neza ibyo nifuza, kandi intsinzi babonye ku mukino uheruka, yatumye baba mu mwuka mwiza wo kwitwara neza kuri uyu.”

Kapiteni Troost-Ekong yavuze ko bagenzi be biteguye neza kandi igitutu bari bafite cyagabanutse.

Ati “Dufite abakinnyi beza buri wese arabizi, ndatekereza iyo icyo tuba dusabwa ni ukumenyerana gusa, umukino w’u Rwanda wabidufashijemo ku buryo akazi dufite imbere ya Zimbabwe kataremereye cyane.”

Nubwo aba bavuga ko akazi koroshye, Ishyirahamwe rya Ruhago muri Nigeria ryatangaje ko ryifuza abafana benshi kuri stade nk’uko Abanyarwanda bari buzuye Stade Amahoro, ndetse rinavuga ko by’akarusho abafana 500 ba mbere baza guhabwa imyambaro y’ikipe y’igihugu y’ubuntu.

Nyuma y’uko Nigeria itsinze Amavubi yahise ifata umwanya wa kane mu Itsinda C, Amavubi aba aya gatatu n’amanota arindwi aho arushwa na Afurika y’Epfo ya mbere amanota atatu.

Benin iza gukina na Bafana Bafana iri ku mwanya wa kabiri. Lesotho iza gukina n’u Rwanda kuri Stade Amahoro, iri ku mwanya wa gatanu n’amanota atanu, mu gihe Zimbabwe ari iya nyuma n’amanota atatu.

Nigeria yakuye amanota atatu mu Rwanda, yicuma ku rugendo rwo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026
Nigeria iri kwitegura Zimbabwe
Kapiteni wa Nigeria, William Troost-Ekong, asanga akazi gakenewe kuri Zimbabwe kadakomeye kurenza ak'i Kigali
Alex Iwobi ni umwe mu bakinnyi b'ingenzi ba Nigeria

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .