Uyu muyobozi yabigarutseho ubwo yari asoje Inteko Rusange idasanzwe y’iri shyirahamwe yateranye ku wa Gatandatu.
Shampiyona y’Abagore ikunze kugaragamo ibibuga bibi cyane, aho mu minsi ishize mu bihe by’imvura byakabije cyane kuko byarekagamo amazi, ahandi ugasanga ibyatsi bidakase, bityo umupira ntugende.
Abijijwe kuri iki kibazo, Perezida wa FERWAFA yagaragaje ko cyatewe no kongera amakipe y’abagore kutagendanye no kugenzura ibibuga.
Yagize ati “Twabonaga Shampiyona y’Abagore amakipe ari make turayongera ariko uwo muvuduko ntiwajyanye no gukora ibibuga. Ntekereza ko hari ibikwiye gukorwa ku buryo bitarekamo amazi kandi ibyatsi bigatemwa, bityo bigafasha mu gihe byaba bitaranakorwa ku buryo buhambaye bwa kijyambere.”
Yakomeje agaragaza ko habayeho gukaza ingamba abakina ari bake cyane.
Ati “Dushatse gukaza tukavuga ngo turashaka ikibuga kimeze gutya, abantu bakina ni bake cyane. Nanone tumanuye urwego bikabije abantu basigara bakina ibindi bitari ruhago. Icyo nabizeza nuko tuzabyitaho ariko duhamagararira buri wese kubigiramo uruhare.”
Biteganyijwe ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka, FERWAFA izakoresha miliyoni 181 Frw muri ruhago y’abagore.
Kugeza ubu, imikino ibanza ya shampiyona yarangiye Rayon Sports WFC yicaye ku mwanya wa mbere n’amanota 41.
Ikibazo cy'ibibuga bibi muri Shampiyona y’Abagore gikomeje gufata indi ntera.
Reba icyo Kamonyi WFC na Forever WFC zakiniyeho ku wa Gatandatu, mu mukino wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagore.
Umukino warangiye Forever WFC yatsinze igitego 1-0. pic.twitter.com/jZnT3RqCYq
— IGIHE Sports (@IGIHESports) February 2, 2025


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!