Tariki ya 28 Mutarama 2023 ni bwo Kiyovu Sports yatsinzwe na APR FC ibitego 3-2 mu mukino w’Umunsi wa 17 wa Shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Stade Regional ya Muhanga.
Mu bakinnyi Ikipe y’Ingabo yifashishije harimo na Byiringiro Lague wabanje mu kibuga ariko akaza gusimburwa. Uyu rutahizamu yakinnye iminota 67 mbere yo guha umwanya Ishimwe Fiston.
Umukino ukirangira, abayobozi ba Kiyovu Sports bahise bandikira Ishyirahamwe Nyarwanda rya Ruhago, FERWAFA n’irireberera uyu mukino ku Isi, FIFA, barega APR FC yakinishije Lague wamaze kugurwa n’ikipe yo mu Cyiciro cya Gatatu muri Suède.
Ibinyujije mu ibaruwa yashyizweho umukono na Perezida wa Kiyovu Sports Ltd icunga ikipe ya Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, yasabye ko APR FC yamburwa amanota.
Iyo baruwa igira iti “ Dukurikije amakuru tuvana mu Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suède, aho ku wa 26 Mutarama 2023 yatangaje kuri Twitter yayo ko Byiringiro Lague ari umukinnyi wayo byemewe n’amategeko, tukaba dusanga idakwiye guhabwa amanota y’umukino waduhuje na yo ku wa 28 Mutarama 2023.”
🚨𝐀𝐌𝐀𝐊𝐔𝐑𝐔 𝐌𝐀𝐒𝐇𝐘𝐀🚨
Kiyovu Sports yareze APR FC muri FERWAFA ko yakinishije Byiringiro Lague kandi yaramaze gutangazwa nk'umukinnyi mushya wa Sandvikens IF yo muri Suède. pic.twitter.com/wYgHd0JkNL
— IGIHE Sports (@IGIHESports) January 29, 2023

Ku wa 26 Mutarama 2023, ni bwo Sandvikens IF yo mu Cyiciro cya Gatatu muri Suède yatangaje Byiringiro Lague nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ine iri imbere.Yaguzwe ibihumbi 80€ ashobora kwiyongeraho ibihumbi 100€ mu gihe yakwitwara neza.
✍️ Vi välkomnar den 22-årige rwandiern Byiringiro Lague till Sandvikens IF! Anfallaren kommer till oss från APR FC från Kigali.
🗣️ ”Jag ser mycket fram emot att försöka hjälpa Sandviken” säger Byiringiro som skrivit på ett fyraårsavtal.
➡️ Mer läsning:https://t.co/svb8CCXshU pic.twitter.com/oYMxG21F3B
— Sandvikens IF (@SandvikensIF) January 26, 2023
Perezida wa Kiyovu Sports Ltd, Mvukiyehe Juvénal, yabwiye IGIHE ko Lague yakinnye kandi yaramaze gutangazwa nk’umukinnyi mushya wa Sandvikens IF.
Yagize ati “Lague kuva tariki ya 26 Mutarama ni umukinnyi wa Sandvikens IF yo muri Suède, yagaragaye ku mbuga zayo bamuha ikaze, bamugaragaza kuri Twitter ndetse bamushyira ku rutonde rw’abakinnyi bazakoresha. Mu byo twagaragaje muri FERWAFA no muri FIFA ndetse twandikira na Sandvikens IF ko umukinnyi wabo uri ku rutonde rwabo yagaragaye mu yindi kipe twakinaga.’’
Yashimangiye ko Isi yabaye umudugudu ku buryo byoroshye kubona amakuru yose.
Abajijwe niba barebye kuri TMS [Transfer Matching System], yerekana ko umukinnyi yemerewe kuva mu ikipe ajya mu yindi, Mvukiyehe yasubije ko hari amakosa amakipe y’i Burayi adashobora gukora.
Yagize ati “Ntabwo ibyo dukeneye kubireba, ikipe y’i Burayi ntishobora kwandikisha umukinnyi ngo imushyire kuri Twitter yamuguze mu yindi kipe ngo imutangaze ngo uri umukinnyi wanjye kandi wari usanzwe uri uwa APR FC. Ibyo ni icyaha.’’
Yavuze ko ubikoze bitarabaye, ikipe yakurega bakaba banakumanura mu cyiciro cya kabiri.
Ati “Iyo kipe ifite ibyangombwa byose bigaragara ko APR FC yarekuye umukinnyi. Ntiwarekura umukinnyi ngo umujyane mu yindi kipe imugaragaze ko ari uwayo hanyuma iyo avuyemo imukinishe umukino nyuma y’uko iyamuguze imwerekanye. Ntabwo bibaho.’’
Mvukiyehe yavuze ko nibadasubizwa baziyambaza izindi nzego kugera no muri FIFA ariko bakabona ubutabera.
Ati “Ntabwo ibyo kureba muri systeme ya FIFA nkeneye kubireba. Nibabififika tuzarega Sandvikens IF muri FIFA. Mu Rwanda isoko ryafunze tariki 27 Mutarama. Ibindi rero ntabyo nkeneye kumenya.”

Umukino wateje amahari hagati ya Kiyovu Sports na APR FC, warangiye iyi Kipe y’i Nyamirambo itsinzwe ibitego 3-2 birimo icyabonetse ku munota wa nyuma.
APR FC yatsindiwe na Niyibizi Ramadhan, Bizimana Yannick na Niyigena Clement mu gihe ibya Kiyovu Sports byinjijwe na Iradukunda Bertrand na Nshimirimana Ismael “Pitchou”.
Kugeza ubu APR FC ni yo ya mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona aho ifite amanota 34 mu gihe Urucaca ruri ku wa Gatanu n’amanota 31.
Indi nkuru wasoma: APR FC yongereye ibinyoro mu bibembe bya Kiyovu Sports iyitsindira i Muhanga (Amafoto)

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!