00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni we mukinnyi mwiza muri Shampiyona: Darko wa APR FC yacyeje Muhire Kevin

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 10 March 2025 saa 08:36
Yasuwe :

Umutoza wa APR FC, Darko Nović, yatangaje ko Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin ari we mukinnyi mwiza muri Shampiyona y’u Rwanda.

Uyu mugabo yabigarutseho ubwo ikipe ye yari imaze kunganya na Gikundiro ubusa ku busa, mu mukino w’Umunsi wa 20 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro, ku Cyumweru, tariki ya 9 Werurwe 2025.

Yagize ati “ Wari umukino ugoye cyane by’umwihariko mu kugarira kuko twakinaga n’ikipe nziza ku mipira y’imiterekano kuko murabizi n’ikipe y’abakinnyi barebare.”

Yakomeje agaragaza ko Muhire Kevin ari we mukinnyi mwiza muri shampiyona.

Ati “Nimero 11 wabo, murambabarira nibagiwe izina rye. Ashobora kuba ari we mukinnyi ufite ikirenge cyiza muri Shampiyona kubera imipira y’imiterekano ye.”

Darko yanagaraje ko Ruboneka waje no gutorwa nk’umukinnyi mwiza w’umukino, ari umwe mu bakinnyi beza afite kubera imbaraga, imikinire ndetse no kuba amenyereye imikino nk’iyi.

Dauda Yussif ni umwe mu bakinnyi bakunze kugarukwaho cyane n’abafana ba APR FC bavuga ko yagakwiye kubanza mu kibuga.

Amugarukaho, umutoza Darko yavuze ko igihe yabanje mu kibuga atakoze ibyo yamusabye.

Ati “Niba mwararebye neza Dauda yabanje mu kibuga imikino mike. Ntabwo yigeze atanga ibyo twamusabye gukora. Uyu munsi yinjiye mu kibuga agerageza gutanga imipira myiza yashoboraga no kuvamo ibitego. Iryo ni ryo tandukaniro rye na Pitchou.”

Kudatsinda ku Ikipe y’Ingabo kwatumye ikomeza kurushwa amanota abiri na Rayon Sports yicaye ku mwanya wa mbere n’amanota 43.

Umutoza wa APR FC, Darko Nović, yavuze ko Muhire Kevin ari we mukinnyi ufite ikirenge cyiza muri Shampiyona
Umutoza wa APR FC, Darko Nović, yagaraje Muhire Kevin na Ruboneka Bosco nk'abagize umukino mwiza kurusha abandi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .