Ibi ni bimwe mu byo uyu mugabo yatangaje ubwo yaganiraga n’abanyamuryango ba Dream Unity Fan Club, ababwira amakuru ari mu ikipe ndetse n’ukwiyubaka kwayo.
Abajijwe ku bakinnyi ikipe ishobora kwinjiza bashya mu mikino yo kwishyura, yashyize umucyo ku batekerezaga Apam w’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu.
Ati “Uriya mukinnyi sinanamuzi wo muri APR FC, mu bakinnyi turimo gutekereza ntabwo arimo na gato. Icyo ni igihuha dore n’Umuyobozi wa tekinike ari hano arabizi.”
Umunya-Cameroun Apam Assongwe Bemol ari mu bakinnyi bashobora gutandukana na APR FC muri iyi Mutarama 2025, cyane ko ari umwe mu batari bakibona umwanya uhagije wo gukina nyuma y’imvune yigeze kugirira muri Mapinduzi Cup.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!