00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ndayishimiye Balthazar yashyizwe muri Academy ya Bayern Munich

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 21 December 2024 saa 06:18
Yasuwe :

Ndayishimiye Balthazar uri mu bana batatu bagiye mu igeragezwa muri Academy ya Bayern Munich mu Budage, yamaze gutoranywa muri 21 bahagarariye iyi kipe yo mu Budage.

Tariki ya 14 Nzeri 2024, ni bwo Irumva Nerson, David Okoce na Ndayishimiye Barthazar bahagurutse mu Rwanda berekeza i Munich, bahagarariye u Rwanda nka hamwe mu ho Bayern Munich ishakira impano za ruhago.

Mu gihe cy’amezi atatu bamazeyo, Ndayishimiye yatowe mu bakinnyi bo hagati bazaba bari muri iyi kipe mu marushanwa atandukanye.

Si ubwa mbere Ndayishimiye w’imyaka 17 yari agiye mu Budage kuko yabanje kujyayo mu igeragezwa ariko akagaruka mu Rwanda gusa ahabwa andi mahirwe kuko hari impano bamubonyemo.

Mbere yo kujya muri iyi kipe yabanje gukinira ikipe y’abato ya The Winners FC.

Nkuko bigaragara ku rubuga rwa Bayern Munich, avuga ko azakora ibishoboka byose akaba umukinnyi wabigize umwuga, “Ibisigaye bigaharirwa Imana.”

Academy ya Beyern Munich isanzwe itoranya abana bagaragaza impano kurusha abandi muri ruhago, ikaba amahirwe yo kuyikarishya bigendanye n’amasezerano u Rwanda rufitanye na FC Bayern Munich yo mu Cyiciro cya Mbere mu Budage.

Ndayishimiye Balthazar ari mu bakinnyi batatu u Rwanda rwohereje mu igeragezwa muri Bayern Munich
Ndayishimiye Balthazar yashyizwe muri Academy ya Bayern Munich

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .