00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musa Esenu yerekeje muri Vision FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 9 January 2025 saa 09:49
Yasuwe :

Umunya-Uganda wahoze akinira Rayon Sports, Musa Esenu, yamaze gusinyira Vision FC amasezerano yo kuzayikinira mu mikino isigaye ya Shampiyona y’u Rwanda.

Muri Mutarama 2024, ni bwo ubunyamabanga bwa Rayon Sports bwatangaje ko bwatandukanye na Musa Esenu kuko impande zombi zitumvikanye ku masezerano.

Nyuma y’igihe gito yahise asubira mu ikipe y’iwabo yahozemo ya BUL FC, aho yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.

Mu gihe atararangira, yegerewe na Vision FC imugarura mu Rwanda kugira ngo ayifashe mu mikino yo kwishyura, aho izaba ihanganye no kubona amanota ayirinda gusubira mu Cyiciro cya Kabiri.

Kugeza ubu Vision FC iri ku mwanya wa 14 ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda igeze ku munsi wa 15, aho ifite amanota 12 n’umwenda w’ibitego birindwi.

Musa Esenu yerekeje muri Vision FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .