00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Murindangabo na Ngabonziza bazavamo usifura umukino wa Rayon Sports na APR FC

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 5 December 2024 saa 08:59
Yasuwe :

Abasifuzi babiri bo hagati, Murindangabo Moïse na Ngabonziza Jean Paul, ni bo batoranywamo uzayobora umukino w’ikirarane cy’Umunsi wa Gatatu wa Shampiyona uzahuza Rayon Sports na APR FC ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Ukuboza 2024.

Uyu mukino uzabera muri Stade Amahoro guhera saa Kumi n’Ebyiri, uzaba mu gihe nta musifuzi mpuzamahanga w’umugabo uzaba uri mu gihugu kuko abenshi bafite imikino Nyafurika bazajya gusifura, abandi bakaba bafite amahugurwa ya CAF.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko ku wa Gatatu, Komisiyo y’Abasifuzi muri FERWAFA yafashe icyemezo cy’uko Murindangabo Moïse ari we uzayobora uyu mukino w’amakipe afite abafana benshi mu Rwanda, ariko na none hakaba hari impinduka zishobora kubaho.

Izi mpinduka zituruka ku kuba Ngabonziza Jean Paul, wasifuye umukino wa APR FC na Police FC ku wa Gatatu, na we afite amahirwe yo kuba yasifura uyu mukino wo ku wa Gatandatu.

Inkomoko yabyo ni uko uyu mukino warangiye amakipe y’abashinzwe umutekano anganyije igitego 1-1 kuri Kigali Pelé Stadium, wari gusifurwa na Ishimwe Jean Claude ‘Cucuri’, ariko ntiyaboneka.

Ngabonziza wari mu bategurirwa kuzasifura umukino wa Rayon Sports na APR FC, ni we wahise yifashishwa byihuse nk’uko bikunze kugenda iyo hari impinduka zibaye mu basifuzi, aho harebwa ushobora kuboneka byihuse kandi bitangije byinshi.

Biteganyijwe ko icyemezo cya nyuma cy’abazasifura uyu mukino gifatwa kuri uyu wa Kane, hakemezwa niba Murindangabo ari we ugumana umukino cyangwa wasubizwa Ngabonziza Jean Paul uko byatekerezwaga mbere yo ku wa Gatatu.

Ni ubwa mbere umukino wa Rayon Sports na APR FC ugiye gusifurwa n’umusifuzi utari mpuzamahanga mu myaka 10 ishize, aho byaherukaga uyoborwa na Ishimwe Claude mbere gato y’uko agirwa umusifuzi mpuzamahanga mu 2014.

Amakipe yombi azahura atandukanywa n’amanota 11 aho Rayon Sports iyoboye Shampiyona n’amanota 29 mu mikino 11 naho APR FC ikaba iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 18 mu mikino icyenda.

Ku wa Gatatu, Murindangabo Moïse yemejwe nk'uzasifura umukino wa Derby ariko hashobora kubaho impinduka
Ngabonziza Jean Paul ni we wari gusifura uyu mukino w'abakeba ariko ku buryo butunguranye ahabwa uwa APR FC na Police FC nyuma y'uko uwari kuwusifura atabonetse
Ngabonziza yasifuriye APR FC ikina na Police FC ku wa Gatatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .