Ni mu gihe abatoza n’abandi bakozi batandukanye, bo bamaze amezi 10 badahembwa ndetse bafite n’impugenge ko n’ukwa 11 kwakwinjiramo.
Muri rusange, muri iyi kipe y’Umujyi harimo ibyiciro bibiri by’abakinnyi kuko hari ababerewemo ibirarane by’imishahara y’amezi atandatu, hakaba n’abandi bafitiwe amezi ane.
Kuri ubu, ntabwo bitabiriye imyitozo yo kuri uyu wa Kabiri, aho bari gusaba ubuyobozi kubishyura nibura amezi ari hejuru y’abiri.
Kenshi mu mpera za Shampiyona, abagize amakipe batangira kugira ibikorwa banga gukora mu rwego rwo kwishyuza imishahara yabo kuko iyo irangiye kubona ubuyobozi bavuga ko biba bigoye cyane. Ni mu gihe, abasoje amasezerano bo aba ari ibindi bindi.
Kugeza ku munsi wa 27 wa Shampiyona, AS Kigali iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 44, irushwa 14 na APR FC ya kabiri.
Ku wa Mbere, tariki ya 19 Gicurasi, AS Kigali izakira Etincelles FC.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!