00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mukura VS yatsinze APR FC iyibuza guhumekera Rayon Sports mu bitugu (Amafoto)

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 23 February 2025 saa 06:22
Yasuwe :

Mukura VS yatsinze APR FC igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 18 wa Shampiyona, bigabanyiriza igitutu Rayon Sports iyoboye urutonde.

Ni umukino wabereye kuri Stade ya Huye, aho iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yashakaga ayo manota ngo igabanye ikinyuranyo kiri hagati yayo na Rayon Sports ya mbere, yayirushaga amanota ane, na yo yaraye itsitariye i Huye, inganya n’Amagaju FC 1-1.

Ku rundi ruhande Mukura VS yashakaga itsinzi ndetse bikanayongerera amanota ku rutonde rusange rwa Shampiyona rwa Shampiyona.

Umukino watangiranye imbaraga nyinshi ku mpande zombi kuko mu minota ibiri gusa hari hamaze kubona koruneri ku mpande zombi nubwo zitabyajwe umusaruro.

Ihatana ryakomeje kugaragaza mu kibuga ariko ku munota wa 18 w’Umukino Mukura VS ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Destin Maranda ari na cyo cyatandukanyije ayo makipe.

Amakipe yombi yakomeje gusatirana ariko biba iby’ubusa, igice cya mbere cy’umukino kirangira Mukura VS iyoboye n’igitego 1-0.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka zikomeye ku ruhande rwa APR FC aho Denis Omedi, Dauda Yussef, Ruboneka Jean Bosco na Lamine Bah bahaye umwanya Mugisha Girbert, Niyibizi Ramadhan, Mamadou Sy na Nshimirimana Ismael Pitchou.

Impinduka z’umutoza wa APR FC nta kinini zafashije iyi kipe kuko iminota irenga 20 yashize nta gitego cyangwa gusatira izamu rya Mukura VS.

Nyuma y’iminota 24 y’igice cya kabiri cy’Umukino Umutoza wa APR FC, Darko Novic, yongeye gusimbuza aho Kiwanuka Hakimu asimbuwe na Kwitonda Alain Bacca.
Iminota 90 y’umukino yarangiye Mukura VS ikiyoboye n’igitego 1-0 bongeraho iminota itandatu nayo itagize icyo ihindura ku migendekere y’umukino.

Itsinzi ya Mukura VS yatumye ihita igira amanota 27 mu gihe APR FC yakomeje kugira amanota 37 irushwa ane na Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda.

Mukura VS izasubira mu kibuga ku wa 26 Gashyantare 2025 mu mukino wa ¼ cy’igikombe cy’Amahoro izahuramo na Amagaju FC mu gihe APR FC izagisubiramo yisobanura na Gasogi United ku wa 27 Gashyantare 2025.

Mukura VS yagoye cyane APR FC
Abafana ba Mukura VS bishimiye gutsinda APR FC
Mamadou Sy yagerageje gutera mu izamu ariko biranga
Umufana ukomeye wa Mukura VS 'Mama Mukura'
Rutahizamu wa APR FC Tuyisenge Arsene yakurikiye umukino yicaye mu bafana
Abafana ba APR FC bari mu bicu biteze kubona intsinzi
Ruboneka Bosco ntabwo yakinnye umukino wose
Abakinnyi ba Mukura VS bagoye Rutahizamu wa APR FC, Djibril Ouattara
Denis Omedi ntabwo yahiriwe
Rutahizamu mushya wa APR FC, Djibril Ouattara, yagowe n'umukino
Abatoza bungirije ba APR FC
Umutoza wa Mukura VS, Afhamia Lofti, yagaragaje ubuhanga mu kibuga
Umutoza wa APR FC, Darko Navic, yari yabihiwe n'umukino
Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga
Abasifuzi bayoboye uyu mukino
Abakinnyi Mukura VS yabanje mu kibuga
Abafana ba Mukura VS bishimiye uyu mukino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .