00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhire Kevin yasabye abatoza gusimbuza Khadime watsinzwe igitego cyatangaje benshi

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 6 April 2025 saa 08:30
Yasuwe :

Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin, ntiyishimiye uburyo iyi kipe yatsinzwemo igitego cya kabiri na Marine FC ku wa Gatandatu, asaba abatoza gukuramo umunyezamu Khadime Ndiaye ariko bo bamusubiza ko agomba gutuza.

Uyu mukino w’Umunsi wa 23 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda ku wa 5 Mata 2025, warangiye Marine FC inganyije na Rayon Sports ibitego 2-2, byatumye Gikundiro itakaza umwanya wa mbere.

Marine FC ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ndikumana Fabio, cyishyurwa na Prince Elanga-Kanga Jr. mu gice cya mbere. Ni mu gihe mu gice cya kabiri, Rugirayabo Hassan yatsinze igitego cya kabiri cya Marine, na cyo cyishyurwa na Youssou Diagne.

Igitego cya Rugirayabo watereye umupira uteretse muri metero nka 40, umunyezamu Khadime Ndiaye agasohoka nabi ukamurenga, cyababaje Muhire Kevin wahise ujya kwereka uyu mukinnyi mugenzi we ko abatsindishije.

Ntibyagarukiye aho kandi kuko Muhire yahise ajya ku ntebe y’abatoza, abasaba gusimbuza uyu munyezamu ariko bamusaba gutuza nk’uko Umutoza Wungirije wa Rayon Sports, Rwaka Claude, yabigarutseho nyuma y’umukino.

Ati “Kevin twamubwiye ngo natuze kuko gutsindwa bibaho. Mbere na mbere byaba ari nko gukura mu mukino umukinnyi mugenzi wawe. Twaganiriye turamubwira tuti mutere imbaraga umunyezamu niba adutsindishije kuko biracyashoboka. Namubwiye ngo agende abwire bagenzi be dukomeze dushyiremo imbaraga turebe ko twakwishyura igitego tukabona n’ikindi.”

Rwaka yakomeje avuga ko “bibaho ko umukinnyi ashobora kurakara bitewe n’ibibaye ariko nta byinshi bindi.”

Igitego cya mbere Khadime Ndiaye yinjijwe cyasaga neza n’icyo aheruka gutsindwa ku mukino wa Mukura Victory Sport kuko ari ishoti ryaterewe mu rubuga rw’amahina.

Reba hano ibitego byabonetse mu mukino:

Muhire Kevin ntiyishimiye uburyo Rayon Sports yatsinzwe igitego cya kabiri na Marine FC, asaba ko umunyezamu Khadime Ndiaye asimbuzwa
Khadime Ndiaye yashinjwe gutsindisha Rayon Sports ku mukino wa Mukura VS n'uwa Marine FC
Rayon Sports yatakaje umwanya wa mbere nyuma yo kunganya na Marine FC
Abasimbura ba Rayon Sports bari bacitse intege mu gice cya kabiri
Abafana ba Rayon Sports bari i Rubavu, ntibanyuzwe n'uko ikipe yabo yitwaye
Perezida w'Urwego Rukuru rwa Rayon Sports, Muvunyi Paul, ari mu barebye umukino
Twagirayezu Thaddée uyobora Rayon Sports na we yari kuri Stade Umuganda
Gacinya Chance Denis, Umujyanama wa Komite Nyobozi ya Rayon Sports, na we yari kuri uyu mukino

Amafoto: Umwari Sandrine

Video: Byiringiro Innocent


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .