00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri wa Siporo yashimye uko u Rwanda rwitwaye mu Mikino Nyafurika y’Abakozi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 26 December 2024 saa 01:55
Yasuwe :

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yashimye uko amakipe yahagarariye u Rwanda mu Mikino Nyafurika y’Abakozi yitwaye, avuga ko intego ari ukuba icyitegererezo muri siporo.

Muri iyi mikino yabereye i Dakar muri Sénégal, u Rwanda rwegukanye imidali ine ya zahabu n’ibiri ya feza.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, rwegukanye imidali ibiri ya zahabu, mu mupira w’amaguru na volleyball mu bagabo.

Ni mu gihe, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ingufu (REG) cyegukanye igikombe muri Basketball mu bagore na Rwanda Revenue Authority yacyegukanye muri Volleyball mu bagore.

CHUB yegukanye umudali wa feza muri Basketball mu bagore, mu gihe WASAC yawegukanye muri Volleyball y’abagabo.

Abinyujije rubuga rwa X, Minisitiri mushya wa Siporo, Nelly Mukazayire yashimye ibi bigo uko byitwaye agaruka no ku ntego za siporo y’u Rwanda.

Yagize ati “ Siporo no mu bakozi ba Leta , ibigo by’abikorera ndetse n’abakorera sosiyete sivile ni ingenzi kandi irimo n’amahirwe yo guhatana tukazana intsinzi mu Rwanda. Intego ni uko u Rwanda ruba icyitegererezo muri siporo kandi tukayibyaza amahirwe y’iterambere.”

Biteganyijwe ko iyi mikino mu mwaka utaha izabera muri Algeria.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashimye uko u Rwanda rwitwaye mu Mikino Nyafurika y'Abakozi
Rwanda Revenue Authority yegukanye umudali wa zahabu mu volleyball y'abagore
CHUB yegukanye umudali wa feza muri Basketball y'abagore
Ikipe y'Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka yegukanye igikombe muri ruhago ndetse na volleyball mu bagabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .