00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisiteri ya Siporo yasubiye gukorera muri Stade Amahoro

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 4 February 2025 saa 07:07
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka hafi itatu, Minisiteri ya Siporo yasubije ibiro byayo muri Stade Amahoro.

Iyi Minisiteri hamwe n’ingaga za siporo mu gihugu, byakoreraga muri Hallmark Center iherereye imbere ya Petit Stade kuva muri Mata 2022 ubwo Stade Amahoro yavugururwaga.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X [rwahoze ari Twitter], Minisiteri ya Siporo yamenyesheje abayigana ko yatangiye gukorera muri Stade Amahoro ku wa 1 Gashyantare 2025.

Bitandukanye n’uko byari bimeze mbere ya 2022, aho iyi Minisiteri yakoreraga ahateganye n’amarembo manini areba mu Migina, kuri iyi nshuro ibiro byayo biteganye n’ahari ikibuga cyo hanze cy’imyitozo, aharebana na BK Arena.

Kugeza ubu, ingaga za siporo zari zicumbikiwe na Minisiteri ya Siporo zizakomeza gukorera aho zimukiye mu myaka hafi itatu ishize, ariko amakuru IGIHE yamenye ni uko hari gahunda y’uko na zo zizimukira muri Stade Amahoro nk’uko byahoze.

Iyi Stade yavuguruwe ikagera ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza, ni imwe mu zigezweho kuri ubu mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Minisiteri ya Siporo yasubije ibiro byayo muri Stade Amahoro
Ahakorera Minisiteri ya Siporo hateganye n'ikibuga cy'imyitozo cya Stade Amahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .