00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mfite ikimwaro cyo gutsindirwa imbere ya Perezida Kagame - Amrouche utoza Amavubi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 21 March 2025 saa 09:46
Yasuwe :

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Adel Amrouche, yababajwe cyane no gutsindwa umukino wa mbere atoje Amavubi, agaragaza ko ari ikimwaro kuba we n’abakinnyi be batakaje umukino bari bafitanye na Nigeria.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Werurwe 2025, ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga ku buryo yabonye umukino yatsinzwemo na Super Eagles ibitego 2-0.

Adel Amrouche yagaragaje ko yatunguwe cyane no kubona Stade Amahoro yuzuye abafana baje gushyigikira Amavubi, ariko nanone ababazwa no kuba atabahaye intsinzi.

Ati “Mfite ikimwaro kuko sinkunda gutsindwa, si umuco wanjye. Ibyo kandi ni ko bimeze ku Banyarwanda nabonye bakunda igihugu cyabo. Mu mukino bibaho, ariko nanone birababaje cyane kubona uyu musaruro na Perezida Paul Kagame yaje kudushyigikira.”

Yongeyeho ati “Ntabwo wahindura ibintu byose mu mukino umwe, igihari ni uko ngomba kubihindura cyangwa byananira ngafata umwanzuro akaba ari njye uhinduka.”

Amrouche yagaragaje ko muri uyu mukino yagerageje gutanga amahirwe ku bakinnyi bari benshi basanzwe bakinira Amavubi cyane cyane abasanzwe bakina imbere mu gihugu, ariko abatamweretse umusaruro akaba nta cyizere abaha cyo kongera kubakenera, ahubwo azajya gushaka abandi hanze.

Yongeyeho ko amakosa yabaye atazasubira mu mukino utaha u Rwanda ruzahuramo na Lesotho, ku wa Kabiri, tariki ya 25 Werurwe 2025, kuri Stade Amahoro.

Kugeza ubu u Rwanda rufite amanota arindwi rwamanutse ku mwanya wa gatatu ku rutonde rw’Itsinda C mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, mu gihe Nigeria yageze ku mwanya wa kane n’amanota atandatu.

Adel Amrouche yatewe ikimwaro no gutsindirwa muri Stade yuzuye abafana
Perezida Kagame yakurikiye umukino w'Amavubi na Nigeria
Stade Amahoro yari yuzuye abafana
U Rwanda rwatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0
Abafana bari benshi biteguye gushyigikira Amavubi
Adel Amrouche yanyuzwe n'uko Abanyarwanda bakunda igihugu cyabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .