00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

McKinstry wahoze atoza Amavubi yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu ya Gambia

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 22 May 2024 saa 06:53
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cya Gambia ryemeje ko umunya Ireland y’Amajyaruguru Jonathan “Johnny” McKinstry ari we mutoza mushya w’ikipe y’igihugu yabo nkuru.

McKinstry watoje ibihugu by’u Rwanda, Sierra Leone na Uganda kuri ubu akaba yari umutoza w’ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya isanzwe ikinamo Emery Bayisenge, aho yanayihesheje igikombe cya shampiyona atwaye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Uyu mutoza akaba azatangira gutoza guhera tariki ya 1 Kanama 2024 aho yahawe inshingano zo guhesha itike Gambia mu gikombe cya Afurika gikurikira cyo mu mwaka wa 2025 kizanabera muri Kenya aho yatorezaga.

Uyu mugabo w’imyaka 38 y’amavuko, akaba yasimbuye Tom Saintfiet watandukanye na Gambia nyuma y’igikombe cya Afurika giheruka kubera muri Côte d’Ivoire aho yari yarayijyanye muri aya marushanwa ubugira kabiri.

Jonathan McKinstry yabaye umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi kuva muri Werurwe 2015 kugeza muri Kanama 2016 aho yirukanwe nyuma y’amezi make gusa ahawe amasezerano mashya y’imyaka ibiri.

Uyu mugabo w’imyaka ukomoka muri Ireland ya Ruguru, yahise arega FERWAFA muri FIFA, itegeka u Rwanda kwishyura asaga ibihumbi 215 by’amadolari byarangiye ahawe nk’impamba nubwo umusaruro we wibazwagaho.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .