00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mashami Vincent ntiyanyuzwe n’imisifurire y’umukino Police FC yatsinzwemo na Rayon Sports

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 5 January 2025 saa 10:01
Yasuwe :

Umutoza wa Police FC, Mashami Vincent, yavuze ko we na bagenzi be batishimiye bimwe mu byemezo abasifuzi bafashe mu mukino w’Umunsi wa 14 wa Shampiyona, iyi kipe yatsinzwemo na Rayon Sports ibitego 2-0 ku wa Gatandatu.

Igitego cya Youssou Diagne ku munota wa 45 n’ikindi cyitsinzwe Sibomana Shami Carnot ku munota wa 62, ni byo byatandukanyije impande zombi mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

Shami Carnot ntiyasoje uyu mukino kuko yahawe ikarita itukura nyuma yo gukinira nabi Aziz Bassane ku munota wa 88, akerekwa ikarita ya kabiri y’umuhondo.

Aganira n’itangazamakuru nyuma y’umukino, Mashami Vincent utoza Police FC, yemeje ko hari ibyemezo abasifuzi bagiye bafata bikimisha amahirwe ikipe ye.

Ati “Sinavuga ko yasifuye nabi ariko hari ibyo twabonaga n’amaso, twese twabonaga n’abandi. Hari ibyo abafana ba Rayon Sports babonaga, hari aho wumvaga batabyishimiye, natwe rero ni uko, hari ibyemezo byagiye bitatubera, bitaduha ayo mahirwe kandi ntabwo byadushimishije.”

Abajijwe niba Police FC ikiri kwibona mu makipe yatwara igikombe cya Shampiyona, uyu mutoza yashimangiye ko bigoye ariko avuga ko hakiri imikino myinshi yo gukina.

Ati “Ntabwo navuga ko igikombe kigiye kuko kibaye cyagiye, ubu Rayon Sports iba igitwaye, ariko ubu ngira ngo ntacyo itwaye. Birumvikana ko hari imikino myinshi igihari, ntabwo wavuga ngo uzamenya uko uzagenda, ariko ukurikije amanota arimo hagati yacu na Rayon Sports iyoboye, ni menshi, harimo akazi, bisaba ko utsinda bo badatsinda kandi nkeka ko bidashoboka, biragoye.”

“Twese ntabwo twatwara igikombe, harimo umwe uzagitwara. Turakomeza gukora, aho Imana izadusoresha ni aho tuzasoreza.”

Mashami yashimangiye ko hari abakinnyi bashobora kongera kugura muri uku kwezi dore ko nk’ubu bongeye kuvunikisha Peter Agblevor, byatumye basigarana rutahizamu umwe.

Police FC yasoje imikino 15 ibanza iri ku mwanya wa kane n’amanota 23, irushwa 13 na Rayon Sports ya mbere.

Umutoza wa Police FC, Mashami Vincent, yagaragaje ko atanyuzwe n'imisifurire y'umukino batsinzwemo na Rayon Sports
Mashami yavuze ko hari ibyemezo abasifuzi bagiye bafata bikimisha amahirwe Police FC
Rayon Sports yagize amanota 36 ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2-0 ku wa Gatandatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .