00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Madjaliwa yareze Rayon Sports muri FERWAFA

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 14 February 2025 saa 04:41
Yasuwe :

Aruna Moussa Madjaliwa yandikiye Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), arisaba kumwishyuriza amezi umunani Rayon Sports itamuhembye, ubwo yari yaragiye kwivuza.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Ngabo Roben, yemereye IGIHE ko aya makuru ari impamo. Amakuru avuga ko iyi mishahara ihwanye na miliyoni 8 Frw.

Madjaliwa yatangiye kwishyuza Gikundiro iyi mishahara muri Nyakanga 2024, aho icyo gihe yavugaga ko ariyo mpamvu adakina.

Iyi kipe ivuga ko yabuze Madjaliwa mu Ugushyingo 2023, ibyo we yise kujya kwivuza kuko yavunitse.

Rayon Sports ivuga ko yahagaritse kumuhemba nyuma yo kumufata nk’uwataye akazi kuko nta byemezo by’abaganga yagaragaje ko yivurijeho mu gihe raporo iyi kipe yabonye zigaragaza ko umukinnyi ari muzima.

Uyu Murundi yageze muri Rayon Sports mu mpeshyi ya 2023. Mu gihe gito yakinnye yarigaragaje cyane ndetse benshi ntibashidikanya ku mpano ye.

Madjaliwa yareze Rayon Sports muri FERWAFA
Mu gihe gito yakinnye, Madjaliwa yagaragaje ko ari umukinnyi mwiza
Madjaliwa yageze muri Rayon Sports mu mpeshyi ya 2023

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .