00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lionel Messi yakeje Cristiano Ronaldo

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 June 2025 saa 07:04
Yasuwe :

Umunya-Argentine Lionel Messi, yakeje Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo bamaze imyaka irenga 20 bahanganiye ibihembo n’ibigwi mu mupira w’amaguru ku Isi.

Ibi byatangajwe na Lionel Messi uri mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe kiri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa 20 Kamena 2025, ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru DSsports.

Messi yabajijwe uko afata Ronaldo bamaze imyaka irenga 20 bahanganye, agaragaza ko bombi babayeho mu bwubahane kandi ko icyo baharaniraga ari intsinzi z’amakipe yabo.

Ati “Mfite byinshi bituma nubaha nkananyurwa na Cristiano Ronaldo, ni urugendo yakoze akinakora uyu munsi. Aracyahatana ku rwego rwo hejuru. Guhangana na we byari mu kibuga kuko buri umwe hagati yacu yarebaga ku nyungu z’ikipe ye.”

“Buri kimwe cyasigaraga mu kibuga, inyuma y’ikibuga twari abantu basanzwe. Wenda ntabwo twari inshuti kuko nta bihe twagiranye turi kumwe, ariko twabayeho mu buzima bwo kubahana.”

Lionel Messi afite Ballon D’Or umunani nka kimwe mu bihembo by’umukinnyi mwiza ku Isi, agakurikirwa na Cristiano Ronaldo ufite eshanu, na we ufite ibigwi bitari bike mu mupira w’amaguru.

Lionel Messi yagaragaje ko hanze y'ikibuga we na Cristiano Ronaldo ari abantu basanzwe
Lionel Messi na Cristiano Ronaldo banditse amateka no mu makipe y'ibihugu
Lionel Messi yagaragaje ko yubaha ibikorwa bya Cristiano Ronaldo
Lionel Messi ni we mukinnyi ufite Ballon d'Or umunani
Cristiano Ronaldo afite ibihembo bya Ballon D'Or bitanu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .