Ubutumwa bwa Arsenal FC buvuga ko mu myaka 28 ishize, u Rwanda rutigeze ruheranwa n’amateka mabi ashaririye rwanyuzemo ahubwo rwateye imbere.
Abakinnyi batatu ba Arsenal ni bo bagaragaye mu mashusho yo kwifatanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka. Barimo kapiteni w’iyi kipe, Alexandre Lacazette n’Abongereza babiri Rob Holding na Eddie Nketiah.
Bati “Twifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, duha agaciro ubuzima bw’abarenga miliyoni bishwe ndetse n’imbaraga z’abarokotse.”
Arsenal imaze imyaka ine ikorana n’u Rwanda aho yamamaza ubukerarugendo bwarwo yaba ku kibuga cya Emirates no ku myenda hamwe n’ibindi bikorwa iyi kipe igaragaramo.
Ni amasezerano yafashije u Rwanda mu ngeri nyinshi, rukabasha kwinjiza amafaranga aturuka mu bukerarugendo ndetse n’isura hamwe n’amateka yarwo akarushaho kumenyekana.
‘Kwibuka’ means to ‘remember’.
We stand together with Rwanda to mark the 28th commemoration of the genocide against the Tutsi.
Remember. Unite. Renew.#Kwibuka28 pic.twitter.com/jvUZ66fOYl— Arsenal (@Arsenal) April 7, 2022
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!