Mu bakinnyi b’iyi kipe by’umwihariko abanyamahanga, abageze mu Rwanda ni mbarwa kuko benshi basabye kubanza guhembwa ibirarane by’imishahara y’amezi abiri baberewemo.
Radio 10 yatangaje ko abo bakinnyi biganjemo abo muri Afurika y’Iburengerazuba nka Omar Gning, Youssou Diagne na Fall Ngagne. Icyakora muri aba, Adama Bagayogo we yamaze kugera mu Rwanda.
Ikindi gice ni icy’abakinnyi bakomoka i Burundi barimo Rukundo Abdulrahman na Ndikuriyo Patient nabo bataragera i Kigali nyamara bose barohererejwe amatike y’indege, aho bagomba kuba barageze mu Rwanda ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.
Biteganyijwe ko aba bakinnyi b’i Burundi baragera mu Rwanda kuri uyu wa Mbere. Ni mu gihe imyitozo yimuriwe ku wa Kabiri, tariki ya 1 Nyakanga 2025.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!