00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

KNC yanyuzwe n’imisifurire yo ku mukino wa APR FC (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 15 March 2025 saa 10:01
Yasuwe :

Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC), yishimiye imisifurire yaranze umukino ikipe ye yanganyijemo na APR FC ubusa ku busa, mu mukino w’Umunsi wa 21 wa Shampiyona.

Uyu muyobozi, yari yagaragaje impungege z’imisifurire mbere y’umukino, agaragaza ko yabogamye mu mikino y’Igikombe cy’Amahoro yaherukaga guhuza amakipe yombi.

Nyuma yo kunganya n’Ikipe y’Ingabo ubusa ku busa, KNC yatangaje ko yanyuzwe n’uburyo umusifuzi Twagirumukiza Abouldkarim yitwaye.

Ati “Imisifurire yari ’fair’ tuzajye twemera. Umukino watangiye urimo ishyaka ryinshi, ariko wabonye ko Abdul yabashije kuwucunga, abakinnyi baratuza barakina. Nubwo twagize amahirwe make. Twagombaga kuwutahana ariko umukino udatsinze, si na ngombwa ko uwutsindwa.”

Gasogi kandi yari yafashe uyu mukino nk’uwo kwihimura kuko APR FC yayisezereye mu Gikombe cy’Amahoro.

Abajijwe niba yihimuye, KNC yasubije ko bituzuye neza.

Ati “ Ntabwo byagezweho neza gusa nanone ntabwo ari bibi kuko uko biri APR FC nayo itashye itishimye.”

Ni ku nshuro ya gatatu muri uyu mwaka w’imikino, Ikipe y’Ingabo yongeye kunanirwa gufata umwanya wa mbere kuko yasabwaga gutsinda igasigara irusha inota Rayon Sports.

Iyi kipe yagize amanota 42, mu gihe Rayon Sports ya mbere ifite 43 iraza gukina na AS Kigali saa 18:00 kuri Kigali Pelé Stadium.

KNC yanyunzwe n'imisifurire yaranze umukino wa Gasogi na APR FC
APR FC yongeye kunganya na Gasogi United inanirwa gufata umwanya wa mbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .